Quantcast
Channel: Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity » Rwanda Health
Viewing all 104 articles
Browse latest View live

Abashinzwe gucunga umutungo w’ubwisungane mu kwivuza baributswa ko bagomba kuwucunga neza

$
0
0

m_Abashinzwe gucunga umutungo  w’ubwisungane mu kwivuza baributswa ko bagomba kuwucunga neza

Abaturage bo mu karere ka Kirehe ngo intego ya mbere barasaho mu matsinda yabo  ni ukugura ubwishingizi bwo kwivuza bwa mituweri, kugira ngo ntihazagire usigara ativuje mu gihe yaba yahuye n’ikibazo cy’uburwayi, ibi ni ibyatangarijwe mu nama yo ku wa 13/02/2014, yahuje abashinzwe gucunga umutungo w’ubwisungane mu kwivuza ku bigo nderabuzima.

Abitabiriye inama basobanuriwe ko gutangira amafaranga umuntu umwe mu muryango aba apfuye ubusa kuko n’ubundi igihe abandi bataritabira mituweri atazabasha kuyivurizaho. abari mu nama banasabwe kuba baganiriza abaturage ku bijyanye n’ibibina bakomeza kubereka ibyiza byabyo no kwishyura amafaranga yose.

Zimwe mu ngamba abatuye akarere ka Kirehe bafashe mu kuzamura  iyi mibare y’ubwisungane mu kwivuza ku buryo abaturage bose bitabira mituweri uko bakabaye, hari ukuba abaturage bari gushingira kukuba  bamaze kweza imyaka yabo, bityo abayobozi b’inzego z’ibanze bakarushaho kubibutsa akamaro ka mituweri.

Murayire Protais umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, ati “ubu dufite amahirwe y’uko abaturage bacu baba bejeje imyaka itandukanye harimo ibishyimbo, umuceri, ibigori, akaba avuga kandi ko abenshi baba mu makoperative. Akaba abasaba kuba babinyuza mu makoperative, bakarushaho kwegera abaturage kugira ngo babibutse kwitabira ubwisungane mu kwivuza kugira ngo hatagira ucikanwa n’amahirwe yo kwivuza we n’umuryango we.

Umuyobozi w’ubwisungane mu kwivuza mu karere ka Kirehe Munyeshuri Jean Claude avuga ko kuri ubu bashimira abaturage ku kigero bamaze kugeraho akaba anashimira ubuyobozi butandukanye bafatanyije kugira ngo babe bamaze kugera ahashimishije mu bwisungane mu kwivuza aboneraho kubasaba gukomereza aho abasaba gukomeza gukorera mu bibina.

Uyu muyobozi w’ubwisungane mu kwivuza avuga ko bamaze kugera ku kigereranyo cyiza, bigaragaza ko uyu mwaka w’ubwisungane mu kwivuza abaturage bashyizemo ingufu bigaragara, akomeza avuga ko ibi byose babikesha kuba bakorera mu bibina kuko aribyo bibafasha mu kugera ku ntera ishimishije, akaba kandi avuga ko bafatanya n’amatorero atandukanye akorera mu karere ka Kirehe kugira ngo ibyo byose bigerweho.

Ikindi umuyobozi w’ubwisungane mu kwivuza abona ngo ni uko asanga hagomba kongerwa imbaraga muri service zihabwa abarwayi bafite ubwisungane muri mituweri kugira ngo ntibabe baratanze ubwisungane mu kwivuza maze nibagera kwa muganga bahabwe serivise zitanoze.

Abashinzwe gucunga umutungo w’ubwisungane mu kwivuza ku bigo nderabuzima bigize akarere ka Kirehe bakaba basabwa gukoresha neza umutungo bashinzwe gukurikirana kuko ari umutungo w’abaturage bakusanyirije hamwe kugira ngo babashe kuba bakwivuza, umuyobozi w’Akarere ka Kirehe muri iyi nama akaba yabibukije ko bakwiye kwita ku mutungo w’abaturage bawukoresha neza.

The post Abashinzwe gucunga umutungo w’ubwisungane mu kwivuza baributswa ko bagomba kuwucunga neza appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.


Ngororero: Abaturage b’umurenge wa Matyazo bashimiwe uburyo bitabira ubwisungane mu kwivuza

$
0
0

Muri iki gihe hamwe mu mirenge igize akarere ka Ngororero bagiseta ibirenge mu kwitabira ubwisungane mu kwivuza, abatuye umurenge wa Matyazo muri ako karere bo barashimirwa ko bitabiriye gutanga imisanzu yabo.

Ubu uyu murenge ukomeje kuza imbere y’iyindi muri mutuelle de santé aho uri kugipimo kiri hejuru ya 89% naho akarere kose kakaba kageze kuri 73%.

Ubwo basurwaga n’inzego zitandukanye harimo n’abaturutse ku rwego rw’Igihugu nko ku rwego rw’umuvunyi, RGB , ibiro bya minisitiri w’Intebe, minisiteri y’iterambere ry’umuryango n’abandi muri iki gihe cyahariwe imiyoborere myiza, bongeye gushimirwa ariko banasabwa kongera imbaraga mu kwicungira umutekano.

 m_Abaturage b’umurenge wa Matyazo bashimiwe uburyo bitabira ubwisungane mu kwivuza

Umuyobozi wa Police mu karere ka Ngororero yashyize ahagaragara ibikunze guhungabanya umutekano mu murenge wa Matyazo: inzoga z’inkorano, ubusinzi, ihohotera mu ngo n’urumogi. Izi ngeso akenshi zikurura ubunebwe bufatwa nk’imbogamizi ikomeye y’iterambere.

Abaturage bahawe umwanya w’ijambo batanga ibibazo n’ibyifuzo byabo. Icyagaragaye ni uko abaturage bafite inyota yo gutera imbere, kurwanya ruswa, akarengane n’ihohoterwa. Inzego zibegereye zasabwe kubahora hafi kugirango zoroshye ingorane abaturage bahura nazo kubera ko bagaragaje kugira ibibazo byinshi kurusha ahandi.

The post Ngororero: Abaturage b’umurenge wa Matyazo bashimiwe uburyo bitabira ubwisungane mu kwivuza appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

RUSIZI: Urubyiruko rurasabwa guhangana n’ibibazo birwugarije

$
0
0

Urubyiruko rwo mu mirenge yose igize akarere ka Rusizi ruri mu mahugurwa y’Abakangurambaga b’urungano agamije kubigisha gahunda y’ubuzima bw’imyororokere n’uburenganzira bwabo, uru rubyiruko ruri mu kigero cyimyaka 18 na 21 akenshi ngo bakunze guhura n’ibibazo byo gushukwa n’abantu bagamije kwinezeza bikabaviramo kwangirika no gutakaza ejo habo hazaza, kuba rero ngo uru rubyiruko ruri muri iki kigero rukunze guhura n’ibyo bibazo byatumye umushinga wa PDP (Health development and Performance) kubufatanye na Minisiteri y’Ubuzima  bifuza guhugura abahagarariye abandi kugirango bamenye uko bagomba kwitwara birinda ibyo bibazo.

 m_Urubyiruko rurasabwa guhangana n’ibibazo birwugarije

Ubwo uru rubyiruko rwahabwaga amahugurwa na HDP hibanzwe kuri poritiki y’URwanda ijyanye n’ubuzima bw’imyororokere mu rubyiruko , aho bagaragarijwe ibibazo birwugarije, birimo inda zitwarwa n’abana bakiri bato kandi zitateganyijwe , ibyo kandi ntibisigana n’indwara zandurira mu mibonabo mpuza bitsina nka SIDA nizindi, kandi basabwe kwirinda gukoresha ibiyobyabwenge kuko nabyo byangiza ubuzima bwabo

Habineza Olivier ni umwe mu rubyiruko ruri guhabwa aya  mahugurwa , atangaza ko kuba urubyiruko rugwa mubishuko bikabagiraho n’ingaruka zikomeye akenshi ngo biva ku kutamenya amakuru ahagije kimwe no kudasobanukirwa uburyo bagomba gukoresha imyanya ndanga bitsina yabo.

Murekatete Philomene nawe arashima cyane Politiki y’URwanda yazanye gahunda yo ku rwana kubuzima bw’urubyiruko ibigisha uko bagomba kwitwara. avuga ko nyuma y’aya mahugurwa hamwe na bagenzi be bagiye kujya bamaganira kure umuntu uwo ariwe wese ushaka kubagusha mu makosa agamije kugera ku nyungu ze.

Aya mahugurwa yateguwe na Minisiteri y’Ubuzima kubufatanye na HDP hagamijwe gushyiraho abakangurambaga b’Urungano kugirango birinde barinda na bagenzi babo , akaba ari muri urwo rwego nanone uru rubyiruko rwigishijwe imiterere n’imihindagurikire y’ubuzima bw’imyororokere yabo aho basobanuriwe uko iteye n’Uko igomba gukoreshwa, kugirango hato bataza guhura n’ibyo bibazo.

uru rubyiruko kandi rwahawe ubumenyi kuburyo bwo kwirinda indwara zandurira mu mibonano mpuza bitsina kimwe n’inda zitateguwe basabwa kujya bifata ariko kuwo binaniye agakoresha agakingirizo, Mpakaniye Hassan Jean Claude ari nawe uhagarariye HDP muri iki gikorwa yasabye urubyiruko guhangana n’ibibazo birwugarije muri ibi bihe,  abasaba kwirinda ababashuka, kuko aribo maboko y’Igihugu kandi ko aribo bayobozi b’ejo hazaza, abasaba cyane kwirinda ikintu cyose cyashaka kwangiza ubuzima bwabo cyane nko kwishora mu mibonano mpuza bitsina idakingiye.

Nsengiyumva Jean Paul umwe mubahuguye uru rubyiruko yarubwiye ko muri iki gihe hari ibibazo byinshi  bishuka abakiri bato ababwira ko bagomba kwiyumvamo ubushobozi , ababashukisha ibintu nk’Amafaranga n’ibindi bakababwira ko bishoboye, yanabasabye guhaguruka bagakora kuko abenshi bagwa muri ibyo bishuka kubera ko ntacyo baba bakora kibahesha amafaranga, kandi yasabye uru rubyiruko kugira umuco wo guhakana abo binaniye bagakoresha udukingirizo

The post RUSIZI: Urubyiruko rurasabwa guhangana n’ibibazo birwugarije appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Rubavu: imikorere mibi y’amavuriro yatumye abaturage badatanga ubwisungane mu kwivuza

$
0
0
m_imikorere mibi y’amavuriro yatumye abaturage badatanga ubwisungane mu kwivuza

Umuyobozi w’intara y’uburengerazuba Jabo Paul

Nyuma y’igihe ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwibaza impamvu abaturage badatanga ubwisungane mu kwivuzango bigere 100%, ubuyobozi bw’intara y’uburengerazuba busanga ikibazo cyo kutitabira iyi gahunda byaratewe n’uburyo abaturage batanga ubwisungane mu kwivuza bahabwa sirivisi mbi n’ibigo nderabuzima bagana.

Mu nama yahuje ubuyobozi bw’intara y’uburengerazuba, ingabo, polisi, akarere ka Rubavu, ubuyobozi bw’imirenge igize aka karere hamwe n’abayobozi b’ibigo nderabuzima mu karere ka Rubavu mu kwiga igituma abaturage batitabira gutanga ubwisungane mu kwivuza, basanze impamvu nyamukuru ituma abaturage batitabira iyi gahunda biterwa na servisi mbi bahabwa hamwe n’amakuru bahawe na bamwe mu baganga.

Nkuko byasobanuwe n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge nyuma yo gusaba abaturage gutanga ubwisungane mu kwivuza ntibabyitabire, bamwe mubaturage bavuga ko mafaranga batanga adatuma bahabwa serivisi uko babishaka kuko ntawe urengerezwa imiti 3 ndetse babwirwa ko hagenderwa ku kiswe coût moyen aho umuturage atagomba kuvuzwa ngo arenze amafaranga 1200frw bigatuma basabwa kujya kwigurira imiti mu mazu ayicuruza.

Mu murenge wa Rugerero ngo abaturage bavuga ko abatanze ubwisungane mu kwivuza iyo bagiye ku bigo nderabuzima batakirwa kimwe n’abajyanye amafaranga yabo kuko batitabwaho mu gihe abataratanze ubwisungane iyo bageze kwa muganga bakirwa na yombi bagasanga kwijyanira amafaranga bifite agaciro kurusha kwitabira ubwisungane mu kwivuza.

Mu murenge wa Busasamana abaturage ngo bagana amavuriro basabwa kwigurira imiti, ahandi ngo hari aho bahabwa imiti iborohereza (Calmants) aho guhabwa imiti ibavura ngo bakire, mu gihe uje kwa muganga yitwaje amafaranga ahabwa serivisi yifuza kuko yiyishyurira 100%.

Kutakira abaturage neza kandi byongeraho amakosa akorwa n’abakozi mu bigo nderabuzima bongera igiciro umurwayi w’ukoresha ubwisungane mu kwivuza atakoresheje kugeza naho bamwandikira gukoresha ibyo adakeneye kugira ngo amafaranga yiyongera hagamijwe kwinjiza amafaranga menshi mu barwayi bivuza bakoresheje ubwisungane mu kwivuza.

Amakosa agaragara muri mutuweri yatumwe haboneka umwenda wa miliyoni 150

Nkuko byatangajwe n’umuyobozi w’intara y’uburengerazuba ngo aya makosa yatumye abaturage bacika intege mu gutanga ubwisungane mu kwivuza kandi ari gahunda yabashyiriweho ngo iborohereze mu kwivuza, avuga ko hagiye gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane uwaba yaratanze aya mabwiriza kuko abangamira gahunda za leta nkuko bitangazwa na Minisitere y’ubuzima isaba ko umurwayi ugejejwe kwa muganga abanza kuvurwa ikiguzi kikaza nyuma.

Kimwe mubyateye amayobera ni uko ibi bikorwa byo gutanga serivisi mbi bikorwa mu bigo nderabuzima ntibikorwe mu bitaro bya Rubavu kandi abarwayi bananiwe n’ibigo nderabuzima boherezwa muri ibi bitaro.

Umuyobozi w’intara y’intara y’uburengerazuba avuga ko aya makosa akorerwa mu bwisungane mu kwivuza mu bigo nderabuzima byatumye haboneka igihombo kingana na miliyoni 150 ibitaro bya Rubavu bigomba kwishyurwa nabyo bikagira umwenda ugera kuri miliyoni 100 bigomba kwishyura inzu icuruza imiti bitewe nuko abaturage batitabiriye ubwisungane uko bikwiye.

 Jabo ushima imikorere y’ibitaro bya Rubavu avuga ko ubu ntakibazo kiri mu micungire yabyo ariko uyu mwenda wabaye mu myaka ishize hakaba hibazwaga impamvu aho uyu mwenda waturutse naho ni amakosa akorwa mu bigo nderabuzima byongera amafaranga kubakoresha ubwisungane mu kwivuza bidakwiye kugira ngo bace intege iyi gahunda.

Inama yahuje izi nzego taliki ya 24/2/2014 ije ikurikira iyabaye taliki 22/2/2014 yahuje ubuyobozi bw’intara n’akarere ariko ntihabonwe umwanzuro, bikaba ngombwa ko hatumizwa n’ibigo nderabuzima kugira ngo hamenyekane ahari ikibazo.

Bamwe mu bayobozi b’ibigo nderabuzima bitabiriye iyi nama bavuga ko ari amabwiriza yatanzwe n’akarere mu ishami rishinzwe ubwisungane mu kwivuza ariko nkuko byasobanuwe nushinze iri shami mu karere ka Rubavu washyirwagaho gutanga amabwiriza, Staraton avuga ko yasabye ko haba kugabanya amafaranga atangwa ku barwayi kuko harimo gukabya hagendewe kubyo basabwa.

Nkuko byatanzwe n’umwe mubakora igenzura ry’ubwisungane mu kwivuza yagize ati “nasanze mu kigo nderabuzima hamwe umugore ugiye kubyara bamukorera ikizami cyo gutwika kandi yarasanzwe yaripimishije, ibi bikiyongeraho ko hamwe basaba umuntu ukoresha ubwisungane kugura ibintu bitari ngombwa hagendewe ku ndwara arwaye.”

Umuyobozi w’ibitaro bya Rubavu Dr Maj William Kanyenkore avuga ko aya ari amakosa akorwa mu bigo nderabuzima bashingiye kukwinjiza amafaranga menshi kandi umuganga agomba kuba umunyamwuga kurusha uko yaba umucuruzi, ibi akabihera ko bamwe mubakozi b’ibigo nderabuzima bitwaza ko Mitiweri itinda kwishyura kandi bahembwa mu mafaranga yinjiye, bigatuma baha serivisi nziza uzanye amafaranga kurusha ukoresha mutuelle.

Nubwo ari ikibazo cy’ubuzima, umuyobozi w’ingabo mu ntara y’uburengerazuba Gen Burakh Muganga avuga ko kirebana no guhungabanya umutekano “guhungabanya umutekano si ugukoresha intwaro, no kwangiza gahunda za leta zifasha abaturage gutera imbere byangiza umuturage w’abaturage.”

Akarere ka Rubavu kagomba kuva kuri 76% mu bwisungane kakagera 100%

Akarere ka Rubavu kamaze kugera kuri 76% mu kwitabira ubwisungane mu kwivuza, ariko gasabwa nibura muri Werurwe 2014 kuba kageze 100%, umuyobozi w’intara y’uburengerazuba Jabo Paul anatangaza ko kugira ngo bakosore amakosa yakozwe hagiye gukorwa iperereza ryimbitse ngo hamenyekane uwazanye gahunda yo gutanga imiti itarenze itatu kubakoresha Mutuelle.

Rizanareba kandi uwatanze amabwiriza yo kutarenza amafaranga 1200 ku murwayi ugiye kwivuza akoresha mutuelle hamwe no kubwira abaturage ko kwivuza bakoresha amafaranga yabo aribyo byiza kurusha gukoresha Mutuelle.

Uretse iperereza hagiye gukorwa igenzura mu bigo nderabuzima harebwa imikorere yabyo n’ibikoresho bikoreshwa, ibi bikaziyongeraho kugenzura ikoreshwa ry’amafaranga kuko nayo icyemangwa, ibi bikazanajyana no gukora inama mu baturage, abayobozi bakagaragaza ko amakuru yatanzwe atariyo ahubwo abakoresha mutuelle bafite uburenganzira bwo kwivuza neza no guhabwa imiti icyenewe hatagendewe kutarenza amafaranga 1200frw.

The post Rubavu: imikorere mibi y’amavuriro yatumye abaturage badatanga ubwisungane mu kwivuza appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Gisagara: Kumenya agaciro k’ubuzima bwiza bituma batanga ubwisungane mu kwivuza 100%

$
0
0

m_800px-GisagaraDist

Abaturage bo mu murenge wa Kansi ho mu karere ka Gisagara baratangaza ko kuba barahawe ibisobanuro bihagije ku byiza byo kwivuza neza, kikaba na kimwe mu bitera amagara meza, byabafashije kujya batanga ubwisungane mu kwivuza neza maze bakesa umuhigo 100%.

Umurenge wa Kansi niwo ugaruka ku mwanya wa mbere n’uyu munsi mu kugira umubare w’abantu benshi batanga neza ubwisungane mu kwivuza, unaza kandi imbere no mu bindi bikorwa bitandukanye nko mu buhinzi. Ibi akenshi ngo bikava ku mwanya uhagije abayobozi bafata bari kumwe n’abaturage babasobanurira gahunda za Leta zigamije kubateza imbere.

Mugemana Mathias umwe muri aba baturage avuga ko nyuma yo gusobanurirwa bihagije gahunda y’ubwisungane mu kwivuza, akamenya ko igihe arwaye ntabashe kwivuza neza  cyangwa se guhora arwaje abana kubera kutabavuza neza, nta terambere babasha kugeraho iwe. Ibi ngo byamufashije kutajya yibagirwa na rimwe gutanga amafaranga y’ubwisungane.

Ati “Kugera ubu utarumva iyi gahunda nta n’ikindi azumva, kuko jye ubu nabonye uburyo iyo umuntu ativuza neza atanabasha gutera imbere kuko ahora mu burwayi budashira, kandi iyo ufite mituweli ugenda ukavurwa neza nta kibazo”

Nk’uko abaturage b’umurenge wa Kansi babyivugira, ngo gutanga amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza bose kandi kugihe ngo ntibisobanuye ko bose bafite ubushobozi buhagije ahubwo ngo bagerageza kwishyira hamwe bagkora ibimina nbakagurizanya, abagomba gufashwa n’ubuyobozi nabyo bigakorwa kare bityo ntihagire ukererwa.

Rutaburingoga Jerome umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu murenge, atangaza ko iki gikorwa kuri ubu ari nk’aho ubwacyo cyikora kuko abaturage bose bamaze gusobanukirwa n’iyi gahunda kuburyo batagikeye gusunikwa. Avuga ko ubu byabaye akamenyero, abayobozi mu nzego zitandukanye batanga uyu musanzu maze n’abaturage bakaboneraho bakabakurikiza.

Ati “Twagize igihe cyo kwigisha iyi gahunda, ubu noneho abayobozi basabwa kuba urugero rwiza maze n’abaturage bagakurikiraho kandi bikagenda neza nta kibazo kibayemo”

Mu mwaka washize wa2013 uyu murenge wa Kansi wari uwa mbere muri gahunda y’ubwisungane mu kwivuza, waresheje umuhigo ku rugeri rwa 100%, ndetse unahabwa igikombe mu rwego rw’imiyoborere myiza ndetse n’uyu mwaka ukaba ngo wizeye kwesa iyo mihigo yose.

The post Gisagara: Kumenya agaciro k’ubuzima bwiza bituma batanga ubwisungane mu kwivuza 100% appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Burera: Kubyarira kwa muganga ngo bigomba kuba umuhigo w’urugo

$
0
0
Zaraduhaye Joseph, umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe ubukungu

Zaraduhaye Joseph, umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe ubukungu

Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burasaba abayobozi b’inzego z’ibanze muri ako karere gushishikariza ababyeyi kujya bajya kubyarira kwa muganga kuko ari bwo bazakomeza kugira ubuzima buzira umuze.

Ubu buyobozi bwahigiye ko umwaka wa 2014 uzarangira ababyeyi bose bo muri ako karere babyarira kwa muganga. Ngo kuri ubu ariko ababyeyi babyarira kwa muganga bageze ku gipimo cya 95%.

Zaraduhaye Joseph, umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera, ashinzwe ubukungu n’iterambere, avuga ko kubyarira kwa muganga bigomba kuba umuhigo w’urugo kandi abayobozi b’inzego z’ibanze bakabishishikariza abaturage.

Agira ati “Ubu turi kuri 95%, abandi babyarira hehe? Ko amavuriro tuyubaka, aho ataragera tukaba tugiye kuyahageza, kubyarira mu rugo, umuyobozi w’umudugudu, jyewe muyobozi ku rwego rw’akarere, turabikoraho iki?”

Ibi biratangazwa mu gihe hamwe na hamwe mu karere ka Burera usanga ababyeyi batandukanye babyarira mu ngo iwabo kubera gutura kure y’amavuriro cyanga se kutagira umuhate wo kujya kwa muganga, maze bikabavira mo kugira ibibazo bikomeye.

Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwari busanzwe bwarashyizeho ingamba zo guca amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 20 umubyeyi wese utabyariye kwa muganga mu rwego rwo gukomeza kubakangurira kubyarira kwa muganga.

Gusa ariko bamwe mu baturage batangaza ko ayo mafaranga ari menshi. Bifuza ko yakurwa ho kuko babona ari ukubarenganya.

Hari abavuga ko hari igihe umugore afatwa n’ibise ari guhinga ngo kuburyo biba ngombwa ko ahita abyarira mu murima. Ngo kuba yabyarira mu murima si kubushake bwe kuburyo yakwanga kujya kubyarira kwa muganga.

Bamwe mu basaza bo bavuga ko mu muco nyarwanda kuva na kera ababyeyi bafatwaga n’ibise bakabyarira ku nzira cyangwa mu bikari kuburyo ngo ariho haturutse n’amazina y’amanyarwanda nka Nyirabikari cyangwa Senzira.

Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bugira inama abo baturage kujya bahamagara abajyanama b’ubuzima mu gihe umubyeyi wabo ahuye n’ikibazo cyo kubyara mbere yo kujya kwa muganga kugira ngo badacibwa amafaranga.

Ubwo buyobozi buvuga ko kandi mu gihe umubyeyi abyariye mu nzira ari kugana kwa muganga, byaba byiza abamuherekeje bari kumwe n’umujyanama w’ubuzima kugira ngo adacibwa ayo mande.

The post Burera: Kubyarira kwa muganga ngo bigomba kuba umuhigo w’urugo appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Nyamyumba : abayobozi barasura abaturage babashishikariza gutanga mutuelle

$
0
0
Abayobozi barasanga abaturage mu ngo n’ahahurira abantu benshi babashishikariza gutanga mutuelle

Abayobozi barasanga abaturage mu ngo n’ahahurira abantu benshi babashishikariza gutanga mutuelle

Ubuyobozi bw’umurenge wa Nyamyumba n’utugari tugize uyu murenge bwatangije igikorwa cyo gusura abaturage bugenzura abafite ubwisungane mu kwivuza nyuma y’uko uyu murenge utashoboye kugeza 100% mu gutanga ubwisungane mu kwivuza.

Habimana martin, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyamyumba avuga ko mu kagari ka Rambo basuye bareba uburyo abaturage bitabiriye gutanga ubwisungane, ariko ngo basanze benshi babufite, ahubwo ngo igituma batageza ku mubare ukwiye, ni uko benshi mubaturage babo batabufatiye mu murenge wabo ahubwo babufatiye mu yindi mirenge bitewe naho bashaka kuzajya bivuza.

Habimana martin avuga ko mu igenzura batangiye gukora taliki ya 3/3/14 ngo baragenzura urutonde rw’abatuye mu mudugudu bakoresha ubwisungane bwa mutuelle n’ubundi bwisungane bakoresha kugira ngo bamenye abakoresha ubundi bwisungane kuko batari bazwi mu gihe uyu murenge ufite abaturage benshi barimo abasirikare ba Marine hamwe n’abakozi ba Brarirwa kandi bose bafite ubwisungane mu kwivuza ariko ntibabarwe nkabafite ubwisungane kubera ko badakoresha Mutuelle.

Ubuyobozi bw’umurenge wa Nyamyumba butangaza ko mu mibare bufite abaturage bagera kuri 63% aribo batanze ubwisungane mu kwivuza ariko mu ngo nyinshi banyuzemo ngo basanze bafite ubwisungane naho butari ngo byatewe n’ubushobozi bucye kuko hari imiryango ifite abantu benshi kandi idafite ubushobozi kuburyo bishyura mu bice.

Gahunda yo gusura abaturage no kubashishikariza gutanga ubwisungane mu kwivuza mu karere ka Rubavu bije nyuma y’aho habereye inama yahuje ubuyobozi bw’intara, akarere n’imirenge hamwe n’ibigo nderabuzima barebera hamwe impamvu abaturage batitabira ubwisungane mu kwivuza bagasanga biterwa n’imikorere y’ibigo nderabuzima bidaha serivisi nziza abaturage.

Hagafatwa ingamba ko abayobozi bagomba gusura abaturage babasaba imbabazi ku makosa yabaye aho abaturage batangarijwe ko ibigo nderabuzima bibaha imiti itarenze itatu ndetse ngo ntibirenze amafaranga 1200 frw ku murwayi mu gihe umurwayi ucyeneye umuti uhenze asabwa kuwigurira.

Nubwo iyi nama yabaye taliki ya 26/2/2014 yasabaga abayobozi gusaba imbabazi abaturage, bababwiye ko ayo makuru adafite ishingiro kuko umuturage ufite ubwisungane mu kwivuza agomba kuvurwa agahabwa imiti yose cyane cyane abaturage bo mu murenge wa Nyamyumba bavuga ko ibi bintu byagiye bigaragara ku bigo nderabuzima aho bapimwe bakimwa imiti, ngo bihinduwe abaganga bakamenya kubaha abarwayi no kubaha serivisi nziza byabashimisha.

Mu karere ka Rubavu ibigo nderabuzima birimo ibitaro bya Rubavu umwenda wa miliyoni zigera 150, ibitaro nabya bikagira umwenda ugera kuri miliyoni 100 bikaba byaragize ingaruka kukubona imiti abarwayi bakenera bigatuma abarwayi basabwa kwigurira imiti.

The post Nyamyumba : abayobozi barasura abaturage babashishikariza gutanga mutuelle appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Nyabihu: Abajyanama b’ubuzima barashimirwa imikorere myiza

$
0
0

Ubutumwa bugufi bwihuse ku biba bikozwe n’umujyanama w’ubuzima ubishinzwe  mu mikurikiranire y’ ubuzima bw’umwana n’umubyeyi “Rapid sms”,bwohererezwa Minisiteri y’ubuzima ndetse no gukurikirana Umunsi ku wundi ubuzima bw’umubyeyi n’umwana ni bimwe mu by’ingenzi byatumye ababyeyi babyarira mu ngo bagabanuka cyane mu karere ka Nyabihu.

m_Abajyanama b’ubuzima barashimirwa imikorere myiza

Ushinzwe ubuzima mu karere ka Nyabihu, ashimira abajyanama b’ubuzima ku mikorere myiza

Hamwe n’imikorere myiza y’abajyanama b’ubuzima muri rusange ku bufatanye n’izindi nzego,byanatumye mu karere ka Nyabihu nta mubyeyi upfira mu rugo cyangwa ku bitaro mu mwaka wa 2013 wose nk’uko Dusenge Pierre ushinzwe ubuzima mu karere ka Nyabihu yabidutangarije.

Uruhare rw’abajyanama b’ubuzima rukaba rugarukwaho cyane bitewe n’uburyo bakurikirana ubuzima bw’abaturage umunsi ku munsi. Umwe mu bajyanama b’ubuzima yadutangarije ko gukurikirana ubuzima bw’umwana n’umubyeyi mu mudugudu(ari nabyo akora) asanga ari ingenzi cyane.

Bimwe mu byo yadutangarije yitaho,akaba ari ugukurikirana umubyeyi agisama,akajya acungira hafi ubuzima bwe,kugira ngo we n’uwo atwite badahungabana.

Ibi bituma,ibihe by’ingenzi byose umubyeyi aba asabwa kujya kwa muganga ngo yitabweho n’umwana basuzume uko ameze mu nda,umujyanama w’ubuzima abimwibutsa. Binatuma iyo igihe cyo kubyara kegereje,amushishikariza cyane kuzabyarira kwa muganga ngo ahabwe ibimukwiriye byose.

Muri ibyo bihe byose umujyanama w’ubuzima ubishinzwe mu mudugudu anibutsa umubyeyi indyo yuzuye imukwiriye agomba gufata,imugirira akamaro we n’umwana we.

Uretse ubuzima bw’umubyeyi,umujyanama w’ubuzima ywaganiriye,yanadutangarije ko n’iy’umwana amaze kuvuka,akurikiranwa cyane kuva akivutse kugeza cyane cyane ku myaka 2,ariko no gukomeza kugera ku myaka 5.

Aha,umujyanama w’ubuzima akurikirana ubuzima bw’umwana uko bwije n’uko bukeye,agakurikirana imikurire ye,agaharanira ko nyina afata indyo yuzuye kugira ngo we n’umwana bamererwe neza.

Yibutsa umubyeyi guhesha umwana inkingi zimukwiriye kandi ku gihe. Uretse ibyo,anapima ibiro,uburebure n’imikurire y’umwana,bityo ibyo byose akareba niba bimeze neza ku mwana.

Igihe asanze hari ikibazo,ashishikariza umubyeyi kwihutira kwa muganga ngo bakurikirane umwana cyangwa se yaba ari ikibazo abasha gukemura akagikemura. Umwana kandi yitabwaho,hakarwanywa indwara kuri we nk’impiswi,imirire mibi,malariya n’izindi.

Bitewe n’ibikorwa bitandukanye,abajyanama b’ubuzima  bakora mu midugudu itandukanye,bituma umubare w’ababyarira kwa muganga wiyongera,bakabasha gukurikirwanwa neza bityo n’umubare w’imfu zishobora kugera ku mubyeyi abyara cyangwa umwana avuka zikumirwa.

Mu karere ka Nyabihu,hakaba hari abajyanama b’ubuzima muri rusange bagera ku 1419,muri bo abagera kuri 473 bangana n’imidugudu aka karere gafite,bakaba bakurikirana ubuzima bw’umubyeyi n’umwana mu midugudu. Bivuga ko buri mudugudu ufite umujyanama w’ubuzima ukurikirana ubuzima bw’umwana n’umubyeyi.

The post Nyabihu: Abajyanama b’ubuzima barashimirwa imikorere myiza appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.


Kirehe: batangiye gahunda yo gutegura icyumweru cyahariwe umubyeyi, umwana n’umwangavu

$
0
0

Abayobozi b’ibigo Nderabuzima bigize ibitaro bya Kirehe kuri uyu wa 05 /03/ 2014, bahuriye mu nama y’ubukangurambaga igamije gutegura icyumweru cyahariwe kwita ku buzima bw’ umubyeyi, umwana, ingimbi n’umwangavu ikaba yabereye ku cyicaro cy’Akarere ka Kirehe.

 m_batangiye gahunda yo gutegura icyumweru cyahariwe umubyeyi, umwana n’umwangavu

Dr.Hakorimana Ferdinand ushinzwe ubuzima bw’umubyeyi n’umwana muri Ministeri y’ubuzima yavuze ko icyo cyumweru kizatangira kuva ku wa 11 kugera ku wa 14 Werurwe 2014. Yavuze kandi ko ibikorwa by’ingenzi bizakorwa birimo Gukingira abana urukingo rwa Rubeole rukomatanyije n’urw’iseru ku bana bahawe urukingo rw’iseru  umwaka ushize wa 2013.

Abangavu nabo bazakingirirwa ku bigo  by’amashuri abanza bigaho, bakigirwa  kanseri y’inkondo y’umura, ni ukuvuga abana b’abakobwa bafite imyaka kuva kuri cumi n’ibiri  kugeza kuri  14 ariko batigeze bahabwa urwo rukingo bikazajyana no gutanga ikinini cy’inzoka ku bagore batwite n’abana bari mu kigero cy’umwaka kugeza ku myaka itanu.

Ikinini cya Vitamine A kizahabwa abagore bonsa batarengeje ibyumweru bitandatu babyaye, abana bose bari mu kigero cy’amezi 6 kugeza ku myaka 5.

Nkuko muri iyi nama byari biteganijwe ngo muri icyo cyumweru hazanatangwa uburyo bunyuranye bwo kuringaniza urubyaro hanakingirwe abagore batwite aho bazahabwa urukingo rurinda indwara ya Tetanos mu gihe bigaragara ko batararuhabwa cyangwa se bagejeje igihe cyo kuruhabwa.

Iyi nama ikaba yemeje ko hazatangwa ibiganiro ku buryo bunoze bwo kwirinda indwara ya Malariya, kwirinda indwara zituruka ku mwanda, ibyo biganiro bikazatangwa n’ibigo Nderabuzima.

Yanagaragaje ko ibyo bikorwa bizabera ku bigo nderabuzima biri mu karere ka Kirehe no ku ma site asanzwe atangirwamo inkingo ku bana bazikeneye.

Umuyobozi w’Ibitaro bya Kirehe Dr. Uwilingiyemungu Jean Nepomuscene Yavuze ko inkingo zisanzwe zitangwa mu karere ariko ni ngombwa gushyiraho imbaraga, abaturage bose bakabimenya hanyuma hagakurikizwa amabwiriza ya Ministeri y’ubuzima kugira ngo hatazagira umunyarwanda ucikanwa n’amahirwe igihugu cyamugeneye.

The post Kirehe: batangiye gahunda yo gutegura icyumweru cyahariwe umubyeyi, umwana n’umwangavu appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Kayonza: Kuvugurura ikigo nderabuzima cya Mukarange ngo byatumye abacyivurizamo bahabwa serivisi nziza

$
0
0
m_Kuvugurura ikigo nderabuzima cya Mukarange ngo byatumye abacyivurizamo bahabwa serivisi nziza

Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Mukarange

m_Kuvugurura ikigo nderabuzima cya Mukarange ngo byatumye abacyivurizamo bahabwa serivisi nziza1

ikigo nderabuzima cya Mukarange nyuma yo kuvugururwa

Abaturage bivuriza mu kigo nderabuzima cya Mukarange mu karere ka Kayonza bavuga ko serivisi bagiherwamo zarushijeho kuba nziza nyuma y’aho kivugururiwe. Icyo kigo nderabuzima cyatangiye mu mwaka wa 1976, uretse kuba byaragaragaraga ko kitajyanye n’igihe cyari kinasakajwe amabati ya Fibrocement yagaragayeho kuba atera kanseri.

Kugeza ubu ayo mabati yavanyweho ndetse n’inyubako iravugururwa ku buryo ubu isa neza ugereranyije n’uko yari imeze mbere. Abaturage bivuriza muri icyo kigo nderabuzima bavuga ko nyuma yo kukivugurura serivisi bahabwa zarushijeho kuba nziza, nk’uko bivugwa na Yankurije Mariya twasanze ari kuvuza umwana muri icyo kigo nderabuzima.

Yagize ati “Ubu ngubu rwose barakoze baravuguruye, za materinite [inzu ababyeyi babyariramo] ni nziza, aho gukarabira ni heza, amazu ni meza nta kibazo kandi isuku ni nyinshi. Batwakira neza nta kibazo gihari iyo uje urwaye bahita bagufasha, ubu badufashe neza”

Umuyobozi w’icyo kigo nderabuzima, Uwanyirigira Chantal avuga ko icyo kigo nderabuzima cyavuguruwe bitewe n’uko cyari kimaze igihe bigaragara ko gishaje, bituma kivugururwa ku bufatanye n’ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza kugira ngo abarwayi bajye bivuriza ahantu hasa neza.

Uwanyirigira avuga ko uretse kuvugurura inyubako yari ishaje hari n’andi mazu yubatswe ku buryo byakuyeho imbogamizi zariho zo gukorera ahantu hadasa neza kandi hadahagije, ari na byo ngo bituma serivisi basigaye batanga ubu ngubu abaturage bazishimira.

Ati “Imbogamizi zamaze kuvaho kuko amazu dukoreramo arahagije, kandi twakira neza abarwayi bacu nta kibazo. Hanyuma ntabwo wavurira umurwayi ahantu hasa nabi, iyo umuvuriye ahasa nabi ntabwo abyishimira, [kuko] ntabwo serivisi zigenda neza”

Ku kigeraranyo cya serivisi ikigo nderabuzima cya Mukarange ngo gitanga serivisi nziza ku gipimo cya 95 ku ijana nyuma yo kuvugururwa, kivuye kuri 40 ku ijana cyari kiriho mbere y’uko kivugururwa nk’uko umuyobozi wa cyo akomeza abivuga.

Icyo kigo nderabuzima ubu ngo cyakiraga abaturage basaga gato ibihumbi 34 bacyivurizamo, kandi na mbere yo kukivugurura no kucyubakira izindi nyubako ngo ni bo cyakiraga, ku buryo byari imbogamizi mu guha serivisi nziza abakigana.

The post Kayonza: Kuvugurura ikigo nderabuzima cya Mukarange ngo byatumye abacyivurizamo bahabwa serivisi nziza appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Rusizi : Ngo ntibahabwa ikarita y’ubwisungane mu kwivuza, umuryango wose utishyuye

$
0
0

m_Ngo ntibahabwa ikarita y’ubwisungane mu kwivuza, umuryango wose utishyuye

Mu gihe bamwe mu baturage bo mu karere ka Rusizi bavuga ko bangirwa kuvurwa iyo hari umwe mu bagize umuryango uba yaragiye gushakira ubuzima mu bindi bice by’igihugu, Ubuyobozi bushinzwe ubwisungane mu kwivuza mu Karere ka Rusizi busobanura ko itegeko risaba abagize umuryango bose kubanza kwishyura ariko mu gihe hagaragajwe icyemezo cy’uko umwe mu bagize umuryango adahari abasigaye bahabwa serivisi z’ubuvuzi iyo bishyuye.

Abaturage bo mu karere ka Rusizi bari bagaragaje iki kibazo cyo kudahabwa ikarita y’ubwisungane mu gihe hari abo mu miryango yabo babaga baragiye kuba mu tundi duce tw’igihugu bagafatirayo ubwisungane bwo kwivuza, byatumye biganirwaho mu nama y’umutekano yaguye y’aka karere.

Abaturage bavuga ko umuntu udahabwa ikarita y’ubwisungane ari uba atatangiye abagize umuryango we wose ubwisungane naho ku baba bari kure y’imiryango ngo nabo ubwisungane bwabo buremerwa kuko umuntu yemerewe kubufatira aho yaba ari hose.

Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Nkaka Iremaharinde Emmanuel avuga ko haba ubwo bakira abarwayi bavuga ko baba badafite ikarita y’ubwisungane bitewe nuko haba hari abo mu miryango yabo baba batarishyuriye biturutse ku kuba badahari.

Umuyobozi ushinzwe ubwisungane mu kwivuza mu karere ka Rusizi Bajyinama Athanase we avuga ko impamvu hashyizweho amabwiriza y’uko umuryango wose ugomba kwishyurira ubwisungane mu kwivuza hamwe kuko hari ubwo ababyeyi bashobora kuvuga ko batari kumwe n’abana babo kandi ataribyo bityo bakaba baba bagomba kubanza kwerekana ko koko abagize umuryango bose bishyuye

Ikindi kibazo kigaragara mu ikoreshwa ry’ubwishingizi mu kwivuza ni uko muri za poste de santé bisabwa ko umurwayi abukoresha gusa aho yabufatiye ibi nabyo bikaba ngo bibangamira ababukoresha mu gihe za poste de santé zabegerejwe mu rwego rwo kubafasha kwivuriza hafi y’aho batuye

The post Rusizi : Ngo ntibahabwa ikarita y’ubwisungane mu kwivuza, umuryango wose utishyuye appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

‘Mother and Child Health Week’ launched in Gisagara

$
0
0
m_Mother and Child Health Week’ launched in Gisagara

Dr. Anita Asiimwe awards the best community health workers Kibilizi sector

Dr. Anita Asiimwe, the Minister of State in charge of Public Health and Primary Health Care has called on Rwandans to maintain best health practices in family especially the family hygiene as a way of improving the health and livelihood in communities.

“Children are our future. We must strive to improve maternal & child health,” Dr. Asiimwe said during the launching of the ‘Mother and Child Health Week’ in Gisagara this march 11, 2014

Minister calls on children to foster the habit of hand washing and asked parents to have children sleep under treated mosquito nets to prevent malaria infections.

After Launching the MCH week, the Minister visited Kansi Health Centre located in Kansi sector Gisagara district, where residents have attained a 100 percent subscription for health insurance ( mutuelle de santé)

Asiimwe urged calls on Kansi Health Centre officials to maintain the high hygiene standards and to spread the word to the surrounding community so as to have a health community

The Minister also presided over the awards ceremony in which best community health workers from Kibilizi sector

While visiting some of the stall Community Health Worker demonstrated how they provide health services, such as using traditional methods for family planning among many services.

In a related development, Dr. Anita Asiimwe, earlier on March 6th also made inspection tour at Murunda Hospital, in Rutsiro District, where she called for high standards of hygiene and cleanliness that should be maintained in medical facilities to save patients from contracting more infections when they come for treatment.

Asiimwe said that it is unacceptable for a medical practitioner to work from a place that is hygienically wanting and also urged medics to respect and uphold work ethics- since the medical profession deals with life.

The post ‘Mother and Child Health Week’ launched in Gisagara appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

KWISIRAMUZA SI URUKINGO RWA SIDA, AHUBWO BIGABANYA AMAHIRWE YO KWANDURA

$
0
0

m_KWISIRAMUZA SI URUKINGO RWA SIDA, AHUBWO BIGABANYA AMAHIRWE YO KWANDURA

Kwisiramuza kw’abagabo ngo ni kimwe mu bigabanya ibyago byo kwandura virusi itera sida ndetse no kurwara cancer y’inkondo y’umura kubagore. Gusa ngo ibi ntibivuga ko kwisiramuzi ari urukingo rw’izi ndwara zombi zigaragara ko zihangayikishije abaturage.

Kwisiramuza Ni igikorwa kitagaragaraga mu Rwanda rwo hambere, ni nayo mpamvu abaturage bitaboroheye kumenya neza akamoro ko kwisiramuza. Gusa ariko uko iminsi igenda iza hagenda hiyongera abantu basiramurwa bityo bakabishishikariza n’abandi. Yahaya umuturage wo mu murenge wa Karangazi yemeza ko gusiramurwa bidakuraho kwandura virusi itera sida n’ubwo bitanga amahirwe yo kutandura byoroshye.

Singirankabo Jeseph Herman umukozi wa RBC muri nyagatare asobanura ko uretse kuba kwisiramuza ari isuku ngo byongera amaihirwe yo kwandura Virusi itera sida ndetse ngo n’umugabo usiramuye bimufasha kutanduza umugore Cancer.

Mu  Rwanda  kwisiramuza bikorerwa mu bitaro n’ibigo nderabuzima  aho ababyifuza baba abakiri bato n’abakuze bashobora kwisiramuza kandi ku buntu.

The post KWISIRAMUZA SI URUKINGO RWA SIDA, AHUBWO BIGABANYA AMAHIRWE YO KWANDURA appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Nyabihu District officials on study tour to improve on Health Insurance

$
0
0

Different administrative levels in Nyabihu District on Friday were in Gatsibo District learning how local people contribute for Mutuelle de santé (medical Insurance) through formation of financial schemes.

m_Nyabihu District officials on study tour to improve on Health

Officials from the two districts discussed on participation of people in mutuelle de santé through financial schemes

The study trip was carried out in Gatsibo district following the two districts featuring in the last positions in the performing contracts especially in Mutuele de Santé participation in the economic year 2012/2013. But now, Gatsibo is among the first in this program in 2013/2014.

“It was a surprise for us how Gatsibo district got from the last position to the first position in the period of one year. We decided to make this a learning trip and see how people are participating in Mutuelle de sante so that we emulate them,” Said Alexander Sahunkuye, vice mayor for social affairs in Nyabihu.

The study trip was made up of executive secretaries from all sectors in the district and the accountants of all Savings and Credits Cooperatives SACCOs in the district led by the vice mayor for social affairs.

The Administrative council of Gatsibo district, officials in charge of Mutuelle de santé (medical insurance) the executive secretaries of Gitoki and Kiziguro sectors were present to receive and teach officials from Nyabihu district about mutuelle de santé.

The post Nyabihu District officials on study tour to improve on Health Insurance appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Rulindo: mituweri iracyari hasi ugereranije n’ikifuzo cy’ubuyobozi

$
0
0

m_mituweri iracyari hasi ugereranije n’ikifuzo cy’ubuyobozi

Kugeza ubu mu karere ka Rulindo bigaragara ko ubwisungane mu kwivuza bukiri hasi ugereranije n’ibyifuzo by’abayobozi bo muri aka karere kuko kugeza ubu ngo bikiri kuri 74%.

Nk’uko byasobanuwe n’umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza muri aka karere Niwemwiza Emilienne, ngo ahanini ikibazo gihari gituma ubwisungane mu kwivuza bukomeje kudindira, ni bamwe mu baturage batuye rulindo,  usanga bafite umuco mubi wo gusuzugura iyi gahunda yo gutanga ubwisungane mu kwivuza.

Niwemwiza avuga ko iki ari cyo kibazo kiza ku isonga mu bidindiza ubwisungane muri aka karere, kandi ngo mu by’ukuri usanga aba baturage ari bo bagombye gufata iya mbere mu kubera abandi urugero bakanabafasha nk’uko ari ubwisungane mu kwivuza

Aragira ati ”Kugeza ubu umubare w’ubwisungane mu kwivuza uracyari hasi ugereranije n’uko tubyifuza. Ikibazo kiduhangayikishije cyane n’icy’abaturage baba bagaragara nk’abafite ubushobozi ariko kugira ngo babashe gutanga mituweri bakagorana.”

Uyu muyobozi akomeza anavuga ko aba baturage banga gutanga ubwisungane mu kwivuza bigaragara ko bagandisha abandi bikaba bigomba gushyirwamo imbaraga bityo nabo bakitabira gahunda za leta nk’abandi banyarwanda cyane cyane ko baba batabuze ubushobozi byakwanga bakaba bafatirwa ibihano

Ikindi uyu muyobozi avuga ngo ni uko hakiri n’abaturage baba bagaragara nk’abatishoboye ,ngo nacyo akaba ari ikibazo gikomeye .

Gusa kuri iki kibazo ngo hari gahunda n’ingamba akarere kafashe zirimo nko gufasha aba baturage batishoboye kugira ubushobozi bwo gutanga ubwisungane mu kwivuza ,binyuze mu matsinda ,kubakangurira gukora kugira ngo abakene nabo babashe kuva mu bukene,no kubafasha guhindura imyunvire binyuze mu bajyanama b’ubuzima.

The post Rulindo: mituweri iracyari hasi ugereranije n’ikifuzo cy’ubuyobozi appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.


Nyamasheke- Urubyiruko ruributswa ko inda z’indaro na SIDA bikibateze

$
0
0

Mu mihango yo gusoza amarushanwa y’umurenge  Kagame Cup, urubyiruko rutuye mu karere ka Nyamasheke rwongeye kwibutswa ko Sida no gutwara inda zitateguwe bigikomeje kwica ejo hazaza habo niba badakomeje gufata ingamba zizatuma barushaho gusigasira ejo habo. Iki gikorwa cyabaye kuri uyu  wa gatatu tariki ya 2 Mata 2014.

 m_Nyamasheke- Urubyiruko ruributswa ko inda z’indaro na SIDA  bikibateze

Umuhuzabikorwa w’ikigo cy’urubyiruko cya Nyamasheke, Ndanga Janvier  yibukije ko urubyiruko ari rwo buzima bwiza bw’u Rwanda ejo hazaza, avuga ko, uko urubyiruko rwitwara ubu, bitegura uko u Rwanda ruzaba rumeze mu gihe kizaza, arusaba kurushaho kureka ibirushuka birukurura mu ngeso mbi zo kunywa ibiyobyabwenge  n’ubusambanyi. Ibi byose bikaba  byaziramo gutwara inda zitateguwe no kuba bakwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina zirimo na SIDA.

Yagize ati “urubyiruko rukwiye gusabana nk’uku mu mikino no kwidagadura rukagira ubuzima bwiza , nirwo dutezeho u Rwanda rwiza ejo hazaza, tugomba guhora turukangurira kintu cyose cyazatuma iterambere bifuza barigeraho”.

Nkurunziza Jean Baptiste ni umwe mu bakinnyi b’ikipe ya volleyball y’umurenge wa Karengera avuga ko iyi mikino ya Kagame Cup yatumye bongera guhura nk’urubyiruko barasabana ndetse babona ubutumwa butandukanye , akavuga ko nibakurikiza ibyo bigiye muri aya marushanwa bizatuma barushaho kubaho neza kandi bizeye kuzagirira igihugu cyabo akamaro.

Yagize ati “imikino niyo ituma urubyiruko rwishima kandi rugasusuruka, hajye hategurwa imikino myinshi bizatuma turushaho gusabana ariko kandi twige byinshi bizatuma turushaho kwirinda ibishuko bya gisore”.

Hasojwe imikino ya basketball na volleyball, muri Volleyball ikipe yatwaye igikombe yabaye umurenge wa karengera itsinze umurenge wa Rangiro ku maseti 3 kuri 2, muri basketball umurenge wa kanjongo watsinze umurenge wa Kagano ku manota 70 kuri 45.

Mu mupira w’amaguru bazasoza iri rushanwa kuri uyu wa gatandatu

Iyi mihango yasusurukijwe n’umuhanzi uzwi witwa Diplomate.

Aya marushanwa ya Kagame Cup ategurwa mu gihugu cyose bakarushanwa mu mikino yose bagatsindanwa  guhera mu midugudu kugera mu rwego rw’igihugu.

The post Nyamasheke- Urubyiruko ruributswa ko inda z’indaro na SIDA bikibateze appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Minazi: M ugihe cya vuba baraba babonye ikigo nderabuzima

$
0
0

Kuba umurenge wa Minazi ariwo murenge wonyine wari usigaye mu karere ka Gakenke udafite ikigo nderabuzima ntibikunze kworohera abaturage mugihe havutse ikibazo cyerekeranye n’uburwayi kuko bibasaba kujya kwivuriza mu mirenge baturanye.

 m_M ugihe cya vuba baraba babonye ikigo nderabuzima

Niyo mpamvu ubuyobozi bw’akarere bwahagurikiye rwiyemeza mirimo watsindiye isoko ryo kwubaka ikigo nderabuzima cya Minazi kugirango barebe aho imirimo igeze.

 m_M ugihe cya vuba baraba babonye ikigo nderabuzima1

Kuri uyu wa 02/4/2014 nibwo itsinda rigizwe n’abatekinisiye batanu baturutse ku karere ka Gakenke basuye umurenge wa Minazi kugirango barebe aho ibikorwa byo kubaka ikigo nderabuzima cyaho igeze.

Iri tsinda ryari riyobowe n’umunyamabanga nshingabikorwa w’akarere ka Gakenke James Kansiime wasabye rwiyemezamirimo ko imirimo yakwihutishwa kuburyo itariki bumvikanye igera byarangiye.

Iri tsinda kandi ryabwiwe ko imirimo yo kurangiza igikorwa cyo kwubaka ikigo nderabuzima igeze ku kigereranyo cya 32% mugihe amasezerano avuga ko kuwa 30 Gicurasi 2014 rweyemezamirimo agomba kuba arangije inshingano yahawe.

Nubwo rwiyemeza mirimo wa Smak Patners Alfred Bagaragaza yabanje kwerekana ikibazo cy’amafaranga ubuyobozi bw ’akarere bwamubwiye ko amafaranga agiye kuyahabwa ariko nawe akarangiza imirimo yapatanye kugirango abatutrange babone aho batangira kwivuriza hafi.

Rwiyemezamirimo kandi yemeye ko agiye kwongera umuvuduko kugirango igihe yasezeranye ko iki kigo kizaba kirangiye kizagere nawe arangije imirimo ye nkuko yabyiyemeje.

twaganiriye na bamwe mubaturage batuye mu murenge wa Minazi maze bayitangariza ko mu gihe bazabonera ikigo nderabuzima hafi bizabafasha kuko urugendo bakora bajya kwivuza atari ruto.

Emmanuel Sindayigaya  avuga ko bakora urugendo runini mugihe bagiye kwivuza kuko bibasaba kujya muyindi mirenge mugihe batabona n’imodoka ibakura mu murenge wabo kuko nta modoka zihagera.

Sindayigaya yemeza ko mu gihe iki kigo kizaba gitangiye gukora ntawuzongera kurembera mu rugo.

Ati “ erega hari nigihe umuntu yumva arwaye ariko wakwibuka aho ujya kwivuriza ukabireka ugashaka ubundi buryo”.

Claire Uwamahoro avuga ko bikomerera ababyeyi mugihe cyo kubyara kuko urugendo rubasigamo imvune kandi nubundi baba batameze neza.

Ati “ sitwe tuzabona tuhabonye gusa nizera ko hazaboneka kubera uburyo leta y’ubumwe idahwema kuzirikana abaturage bayo”

Imirimo yo kwubaka ikigo nderabuzima cya Minazi yatangiye kuwa 07 Mutarama 2014 bikaba biteganyijwe ko izarangira kuwa 30 Gicurasi 2014.

The post Minazi: M ugihe cya vuba baraba babonye ikigo nderabuzima appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Rwanda to commission study on malnutrition

$
0
0
m_Rwanda to commission study on malnutrition

Children being served a nutritious meal at Serena Hotel in Kigali recently

Rwanda is set to boost efforts to reduce malnutrition cases in the country once a survey on the real causes is commissioned and comes up with suitable approaches to handle cases of malnutrition in the community.

The Ministry of Agriculture and Animal Resources and Ministry of Health and stakeholders signed a Memorandum of Understanding (MoU) that will see a study, worth about $500,000 budget, conducted.

The study, to be conducted through November this year, will target children under 22 months and women of reproductive age, in the districts of Rubavu, Ngororero, Gakenke, Musanze, Kirehe, Nyagatare, Nyaruguru, Nyamagabe and Gasabo.

The study, set to include assessment of biochemical indicators of nutrition status, will help to understand broadly the issue, identify best approaches in addressing the issue while focusing on home-grown solutions.

Rwanda’s Agriculture Minister, Dr Agnes Kalibata, says that the country has managed to reduce malnutrition cases among children under two-year old to 44% from 74% in a very short time. She however noted that the country, in collaboration with partners, will be able to get a significant impact soon.

Development partners say that though nutrition data indicate that the country is committed to improve nutrition, the rate of malnutrition cases among children is still high; hence new interventions are required.

The survey comes also at a time when country has launched a 1000-day anti malnutrition campaign which kicked off in September last year.

During the Second Global Biofortification Conference, held at Serena Hotel, in Kigali this March 31st, 2014, Rwanda’s Prime Minister Dr. Pierre Damien Habumuremyi said that the challenge Rwanda has is not only about producing more food, but producing nutritious food.

However, Rwanda’s Minister of Health Dr. Agnes Binagwaho argues that the problem of malnutrition is not related to the economy but lack of basic knowledge and good nutritional practices among communities, an aspect that has hampered the health initiatives.

In March 2014, the Government of Rwanda and the European Union signed a financing agreement worth € 30 million (Rwf 28 billion) that will serve to support the country’s goal of eliminating malnutrition.

The rate of stunting in children below the age of years was reduced from 51% in 2005 to 44% in 2010. This according to the new report has cost Rwanda a loss of an estimated Rwf 503.6 billion in 2012 as a result of child under-nutrition, though the demographic health survey shows that the rate of underweight children has reduced from 18% in 2005 to 11% in 2010.

The report states that the largest share of the productivity loss is due to under nutrition and the total loss in productivity for 2012 is estimated at Rwf436.1bn, equivalent to 10 per cent of Rwanda’s GDP.

The post Rwanda to commission study on malnutrition appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Burera: Mu gihe umwaka wa Mitiweri ugiye kurangira abayitanze bagera kuri 78, 7% gusa

$
0
0

m_Mu gihe umwaka wa Mitiweri ugiye kurangira abayitanze bagera kuri

Ubuyobozi bw’akarere ka Burera buratangaza ko mu minsi mike isigaye kugira ngo umwaka w’ubwisungane mu kwivuza 2013-2014 urangire, bagiye gukora ibishoboka kugira ngo ukwezi kwa 05/2014 kuzarangire abasigaye bose bamaze gutanga amafaranga ya Mitiweri.

Ubu buyobozi butangaza ibi mu gihe habura igihe kigera ku mezi abiri gusa ngo umwaka wa Mitweri 2013-2014 urangire kandi muri ako karere abamaze gutanga amafaranga y’ubwo bwisungane babarirwa ku kigero cya 78,7% gusa, ukuyemo abatishoboye barihirwa na Leta.

Ubuyobozi bw’akarere ka Burera buvuga ko muri icyo gihe gito gisigaye hari ingamba bafashe kandi ngo izo ngamba zizatuma abanyaburera bose basigaye nabo batanga amafaranga ya Mitiweri; nk’uko Sembagare Samuel, umuyobozi w’akarere ka Burera, abisobanura.

Agira ati “Hari ingamba zafashwe: hari abahekerana, hari ibimina, hari ukureba naneho abatari muri Mitiweri bafite ubundi bwishingizi bw’ubuzima…buri mudugudu ufite ikayi ubu yo kwandikamo imiryango yose…

“…nta muryango numwe uzaba utanditse mu ikayi y’umudugudu. Bityo bizadufasha kumenya abarihirwana na Leta yacu batishoboye, abari mu bundi bwishingizi bw’ubizima, ibyo byose bizadufasha kumenya ni uwuhe muryango utari muri Mitiweri…turashaka muri uku kwa gatanu (05/2014) kuzaba twageze ku 100%.”

Gusa ariko iyo urebye uburyo ubuyobozi bw’akarere ka Burera bushishikariza abaturage gutanga amafaanga ya Mitiweri ariko ukabona abaturage batabyitabira bose bituma hibazwa impamvu abo baturage badatanga ayo mafaranga.

Bamwe mu baturage bahamya ko ubukene ari bwo nyiranayazaba yo kutabona amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 3 kuri buri muntu mumuryango,  yo kwishyura Mitiweri.

Aba baturage bibanda ku kuba barashyizwe mu byiciro by’ubudehe bitabakwiriye kuburyo ngo kubona amafaranga y’u Rwanda 3000 yo kwishyua Mitiweri bibagora cyane; nk’uko umwe muri abo baturage witwa Mukansigaye Margaritta abisobanura.

Agira ati “Ikintu cyatumye bamwe Mitiweri ibura: gushyira mu byiciro (by’ubudehe) byatumye abenshi intege zicika! Bakagushyira mu mwanya utarimo: icyiciro cya gatatu cyatumye abantu intege zicika…ikiciro cya gatatu kiba kirimo abantu bishoboye koko!”

Mitiweri y’umwaka 2013-2014 yatangiye muri  Nyakanga mu mwaka wa 2013. Guhera icyo gihe abaturage bo mu karere ka Burera batangiye kwishyura amafaranga ya Mitiweri bitewe n’icyiciro cy’ubudehe barimo.

Ubusanzwe umuturage yishyura amafaranga ya Mitiweri kugira ngo ayivurizeho mu gihe kigera ku mwaka. Nyamara nubwo habura amezi abiri ngo umwaka wa Mitiweri urangire abanyaburera barakishyuzwa amafaranga ya Mitiweri.

Bivuga ko abazayatanga bazivuriza kuri Mitiweri igihe kitageze ku mezi abiri kuko undi mwaka wa Mitiweri uzaba utangiye nabwo basabwa gutanga andi mafaranga.

The post Burera: Mu gihe umwaka wa Mitiweri ugiye kurangira abayitanze bagera kuri 78, 7% gusa appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Ngororero: Nta muturage numwe wo mu karere ka Ngororero uzarenza mata 2014, adafite uburyo bwo kwivuza

$
0
0

Ngororero: Nta muturage numwe wo mu karere ka Ngororero uzarenza mata 2014, adafite uburyo bwo kwivuza

Akarere ka Ngororero gafatanyije n’abafatanyabikorwa bako mu birebana n’ubuzima karahatanira kuva kuri 80,6% kakagera ku 100% mu mpera za Mata 2014 mu bwisungane mu kwivuza.

Uru rugamba rukomeye rwafatiwe ingamba n’inzego zitandukanye mu karere ka Ngororero kuwa 11/0/2014 mu nama yabahuje, aho basanze nta muturage n’umwe wo mu karere ka Ngororero ukwiye kubaho adafite uburyo bwo kwivuza.

Intego irasobanutse ariko imbogamizi zirahari: Mu zatanzwe na bamwe mu bayobozi b’imirenge ngo hari abaturage binangira gutanga ubwisungane mu kwivuza kandi bishoboye. Itegeko rihana bene abo rirahari ariko nk’uko byagarurtsweho n’abayobozi b’imirenge ngo ntabwo ryubahirizwa n’ababishinzwe.

Indi mbogamizi ni iy’umubare munini w’abatishoboye utarishyurirwa ubwisungane mu kwivuza. Abo batishoboye kandi ngo nibo bakunze kurwara nk’uko  byemejwe n’umuyobozi w’ibitaro bya Kabaya.

Uyu muyobozi yatanze urugero ko abatishoboye babereyemo ibyo bitaro  umwenda uri hejuru ya miliyoni 18 z’amafaranga y’u Rwanda. Ibyiciro by’ubudehe nabyo byakuruye impaka ndende aho usanga hari abishoboye bashyizwe mu cyiciro cy’abatishoboye

Intumwa ya Minisiteri y’ubuzima muri iyo nama yavuze ko kuba hari aho abaturage bimutse bakaba bakibarurirwa mu mirenge bahozemo kitakabaye ikibazo ko ahubwo icy’ingenzi  buri murenge wakagombye kumenya ko abaturage bose bafite ubwishingizi bw’indwara.

Ku mbogamizi y’uko itegeko rihana ibigande ritubahirizwa umuyobozi wa Polisi mu karere ka Ngororero yavuze ko habonetse ibimenyetso bifatika inzego z’ubutabera zakora akazi kazo.

Zimwe mu ngamba zafashwe harimo ko, abaturage bimutse mu murenge bagera ku 16 500  bakurwa ku rutonde, abaturage batishyura kandi bafite ubushobozi bakorerwe urutonde bashyikirizwe inzego zibishinzwe naho ubukangurambaga bukorwe ku bufatanye n’inzego zose.

Mu mwaka washize, akarere ka ngororero kaje ku mwanya wa Kane mu kwitabira ubwisungane mu kwivuza, aho nyuma abayobozi n’abaturage hamwe n’abafatanyabikorwa babo bakoze igitaramo cy’imihigo bavuga ko uyu mwaka bazaza ku mwanya wa mbere.

The post Ngororero: Nta muturage numwe wo mu karere ka Ngororero uzarenza mata 2014, adafite uburyo bwo kwivuza appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Viewing all 104 articles
Browse latest View live