Quantcast
Channel: Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity » Rwanda Health
Viewing all 104 articles
Browse latest View live

Gisagara: Uduce twegereye igishanga cy’akanyaru dukunze kwibasirwa na malariya

$
0
0

m_800px-GisagaraDist

Abaturage bo mu karere ka Gisagara barashishikarizwa kwirinda no gukumira icyorezo cya malariya ,kuko bigaragara ko iyi ndwara yibasira aka karere, ahanini ikaba ikunze kwibasira uduce twako twegereye igishanga cy’akanyaru binavugwa ko ariyo ntandaro.

Gisagara nka kamwe mu turere turi kugaragaramo iyi ndwara ya marariya, iyo uganiriye na bamwe mu baturage bo mu murenge wa muganza ubarizwa muri aka karere baguhamiriza ko iyi ndwara ya Maraiya ikihaboneka.

Seraphine Kubwimana umubyeyi w’imyaka 54 akaba atuye uyu murenge ati “Ndayikirutse ariko n’ubu si meze neza, ncika intege, nkagira umuriro, nkababara mu ngingo mbega ndumva n’ubu ariyo, turacyayirwara rwose hano irahaba”

Binyuze mu mikino y’ikinamico ikurikirwa n’abantu benshi, abakinnyi b’urunana bagenda basura uduce dutandukanye, babigisha ububi bw’iyi ndwara.

Ubwo basuraga uyu murenge mu kwezi gushize,bibukije abaturage bo mu murenge wa Muganza ,ko badakwiye kwirara ndetse bagahagurukira kurwanya iyi ndwara ya Maralia kuko ari imwe mu zihitana ubuzima bw’abantu,ariko iyo habayeho uburangare mu kuyirinda.

Nk’uko bitangazwa n’umuyobozi ushinzwe ubuzima mu karere ka Gisagara Naftal Nzibariza, ngo imibare ituruka ku bigo nderabuzima igaragaza ko iyi ndwara ya malariya yibasiye cyane cyane uduce twegereye igishanga cy’akanyaru ariko ngo ku bufatanye bw’ubuyobozi n’abaturage bizeyeko iyi ndwara izacika muri aka karere ka Gisagara.

Ati “Mu bihe bishize malariya yari yagabanutse ariko uyu mwaka yongeye ku garuka ku mwanya wa mbere muri aka karere cyane cyane mu duce twegereye igishanga cy’akanyaru, turi gukora ibishoboka byose kugirango icike kandi n’abaturage bari kubyumva”

Zimwe mu ngamba zafashwe zo guhashya iyi ndwara,harimo gahunda yo gutera imiti yica imibu no gukomeza ubukangurambaga mu baturage ku kwirinda no guhashya iyi ndwara. Gusa ariko ibi byose ngo bigomba no guherekezwa no kugira ubwisungane mu kwivuza ku bantu bose, kugirango n’ufashwe n’iyi ndwara abashe kwivuza ku buryo bworoshye.

The post Gisagara: Uduce twegereye igishanga cy’akanyaru dukunze kwibasirwa na malariya appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.


Ni gute amazi y’ibiziba yavamo amazi meza yo kunywa?

$
0
0

Ni gute amazi y’ibiziba yavamo amazi meza yo kunywa?

Nubwo hari intambwe igaragara yatewe mu kwegereza amazi meza abaturage, hari hamwe na hamwe bataragerwaho n’amazi meza bakinywa amazi mabi y’imigezi. Ariko ayo mazi mabi ushobora kuyatunganya akavamo amazi meza yo gukoresha no kunywa.

 Tuzayisenga Hirwa,  umukozi wa Society for Health Family avuga ko amazi uko asa kose uyatunganya akavamo amazi meza yo kunywa.  Ufata ayo mazi ugategura ibase cyangwa indobo ugashyira litiro 10 maze ugashyira umuti usukura amazi uzwi nka “ Pure”.

Iyo urangije ufata ikintu cyo gukoroga  cyiza ugakavanga ayo mazi nk’iminota itanu, uko ugenda uyavanga ni ko ahindura ibara agenda aba urubogobogo, imyanda yose ijya hasi maze ushaka agatambaro k’umweru keza n’ikindi kintu cyo kuyayungururamo ukaramburaho ako gatambaro  ugasuka imyanda igasigara mu gatambaro.

Iyo myanda  iba irimo za mikorobe  ngo byiza kuyijyana kuyijugunya ahantu kure kugira ngo hatagira uwo yanduza; nk’uko Tuzayisenga abishimangira.

Ubu buryo bushobora kuba igisubizo ku mazi mu gihe Leta n’abafatanyabikorwa batandukanye bakomeje urugamba rwo kugeza amazi meza ku baturage. Uyu muti wa Pure uboneka mu mabutike ku mafaranga make utandukanye na Sur eau kuko yo ikoreshwa mu gusukura amazi yenda kuba meza.

The post Ni gute amazi y’ibiziba yavamo amazi meza yo kunywa? appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Ngororero: Akarere kagiye kwiyambaza abakavukamo n’abafatanyabikorwa mu kuzamura ubwitabire bwa MUSA

$
0
0

m_800px-NgororeroDist

Nyuma y’isuzuma ryakozwe ku birebana n’ubwitabire bw’abaturage mu bwisungane mu kwivuza mu karere ka Ngororero bagasanga bakiri ku gipimo cyo hasi, ubuyobozi n’abakozi b’akarere bafashe ingamba zo kwiyambaza abavuka muri aka karere bifite hamwe n’abafatanyabikorwa bako mu kuzamura ibipimo.

Mu mwaka ushize, akarere ka ngororero kari kaje ku mwanya wa kane aho abaturage bari baritabiriye ku kigereranyo kiri hejuru ya 94%. Ubwo bishimiraga ibyagezweho muri uwo mwaka, abayobozi abakozi n’abaturage bakaba bararahiriye kuzaza ku mwanya wa mbere muri uyu mwaka.

Kugeza ubu, ubwisungane mu kwivuza mukarere buri ku gipimo cya 76,36% kandi kagombye kuba kari hejuru ya 90% nkuko bivugwa n’ubuyobozi. Kugira ngo uru rugero rugerweho   hafashwe ingamba zikomeye zirimo kwiyambaza inzego zose harimo abavuka Ngororero baba ahandi, abikorera ku giti cyabo na societe civile.

Aba ngo nibatanga inkunga zabo zizifashishwa mu kwishyurira ubwisungane abaturage benshi bakivuga ko bafite ubukene bubabuza kwiyishyurira, bityo bikazamura umubare w’abivuza.

Nubwo nta gihe ntarengwa batanze, abayobozi b’imirenge bari barihaye ko mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gicurasi iyo ntego izaba yagezweho ariko imibare dukesha abakurikirana icyo gikorwa igaragaza ko ibipimo bitarazamuka.

Kimwe mubyo usanga bamwe mu baturage binubira gutanga umusanzu wabo ni uko ubu umwaka wo kwivuza usigaje amezi 2 gusa, bakaba basanga byaba ari ugupfusha ubusa amafaranga yabo. Abayobozi b’inzego zibanze basabwa kujya bakusanya iyi misanzu hakiri kare kugira ngo barwanye iyi myitwarire.

The post Ngororero: Akarere kagiye kwiyambaza abakavukamo n’abafatanyabikorwa mu kuzamura ubwitabire bwa MUSA appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Rusizi: Bugarama hari abaturage batarumva neza akamaro ko kuryama mu nzitiramubu.

$
0
0

m_Bugarama hari abaturage batarumva neza akamaro ko kuryama mu nzitiramubu

Umurenge wa Bugarama ni umwe mu mirenge y’Akarere ka Rusizi ugaragaramo umubare w’abaturage ukiri hejuru ku byerekeranye n’indwara ya Malariya. Nk’uko twabitangarijwe na bwana Bushayija Jean Marie Vianney, umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagali  ka Ryankana, kamwe mu tugali tugize uwo murenge wa Bugarama, ngo kuba  Malariya iri hejuru muri uwo murenge biterwa n’uko abaturage b’uwo murenge begereye cyane ikibaya cy’umuceri cy’aho mu Bugarma. Icyo kibaya cya Hegitari 1650 ngo kibamo umubu mwinshi ku buryo abo baturage kimwe n’abo mu yindi mirenge ikikije icyo kibaya nk’umurenge wa Gikundamvura na Nyakabuye na  ho Malariya utabura kuyihasanga,ariko aho mu murenge wa Bugarama ho ikarusha.

Ikindi cya kabiri gituma  Malariya ihaba akarande ngo ni uko haterekereye cyane, ku buryo ngo iyo imvura iguye amazi agenda areka ahantu hanini kandi akahamara igihe, ngo ibyo bigakurura cyane imibu itera Malariya no gukuraho ibyo bizenga by’amazi ugasanga bigoranye cyane cyane aba yagiye areka no mu mihanda.

Iyi mibare y’abarwayi ba Malariya muri uwo murenge ngo ni minini kuko ngo mu gihembwe gishize mu mezi 3 gusa abaturage barenga igihumbi  barwaye Malariya, abo kandi ngo bakaba ari ababa bageze kwa muganga, ngo  bakavuga rero ko ushyizeho n’ababa batagiyeyo uwo mubare utabura kuba munini.

Nk’uko tubikesha ubuyobozi bushinzwe ubuzima  mu karere ka Rusizi, ngo ari aha mu Bugarama ndetse no mu yindi mirenge y’Akarere ka Rusizi igaragaramo indwara ya Malariya cyane cyane mu murenge wa Nkanka, hafashwe ingamba zo kuyihashya , muri izo ngamba harimo guha inzitiramubu iteye umuti  buri muntu ugize umuryango, gukangurira abaturage kwitabira ubwisungane mu kwivuza ( mutuelle de santé), gukangurira kandi abaturage  gutema ibihuru no gukuraho ibizenga by’amazi  mu ngo no mu nkengero z’izo ngo kugira ngo imibu itahororokera, gutera umuti wica imibu mu mazu y’abaturage, guhugura abaturage ku kwirinda iyo ndwara binyuze cyane cyane kumaradiyo no mu nama z’abaturage zigenda zikorwa hirya no hino mu mirenge yabo cyane cyane  nyuma y’umuganda,  kugira isuku  ihagije mu ngo, gukinga inzu n’amadirishya hakiri kare kugira ngo iyo mibu itaza kwinjira, guhugura abajyanama b’ubuzima bo muri iyo mirenge mu rwego rwo gufasha abaturage mu nama zo gukumira iyo ndwara, guhugura abana ku mashuri kubyerekeranye n’ububi bw’iyo ndwara n’uko yarwanywa, n’ibindi byinshi byagiye bikorwa hagamijwe kugabanya umubare w’abayirwara.

Nyamara nk’uko bikomeza bivugwa na Bushayija Jean Marie, ngo izo ngamba zose zirafatwa ariko Malariya igakomeza kugaragara, ngo ibyo bigaterwa n’uko  muri rusange abaturage b’uwo murenge wa Bugarama batarumva neza akamaro ko kuryama mu nzitiramubu iteye umuti, kuko bavuga ko izo nzitiramubu zishyuha cyane kandi na ho hakaba hashyuha, bakavuga ko iyo baziryamye mo badasinzira kubera ubushyuhe bwinshi bagahitamo kuzihorera bakaryamira aho ari naho Malariya ihera ibibira umugono ikabahoza mu bitaro no mu bigo nderabuzima.

Uretse ibyo, abo baturage banavuga ko ngo uriya muti uba uri mu nzitiramubu  ubatera ibiheri , ngo kuko ibyo biheri bizamukira muri izo nzitiramubu bikabarya,  ibyo na byo bigatuma bazanga.

Icyakora ubuyobozi bw’akagali  ka Ryankana  Malariya yiganjemo cyane ngo bwiyemeje, bufatanije n’ubw’umurenge wa Bugarama, n’ubuyobozi bushinzwe ubuzima mu karere ka Rusizi gukomeza gukorana inama n’abaturage bukabakuramo iyo myumvire bagifite yo kudakozwa inzitiramubu iteye umuti kugira ngo bahashye Malariya muri ako gace,  mbere na mbere abo baturage bakumva ko icyo ari kimwe mu bibazo bikomeye bafite iwabo,  n’igihe hagize urwara akivuriza igihe kugirango   Malariya  ireke gukomeza kubatwarira umutungo utari muke ugenda  mu kuyivuza, utaretse ko n’uyirwaye amara icyo  gihe cyose ayirwaye ntacyo yikorera bikongera ubukene mu miryango.

The post Rusizi: Bugarama hari abaturage batarumva neza akamaro ko kuryama mu nzitiramubu. appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Rutsiro : Cantine y’akarere yongeye gufungurwa nyuma y’amezi abiri yari imaze yarafunzwe

$
0
0

m_Cantine y’akarere yongeye gufungurwa nyuma y’amezi abiri yari imaze yarafunzwe

Komisiyo ishinzwe kugenzura isuku mu karere ka Rutsiro yafunguye by’agateganyo inyubako y’akarere icururizwamo ibiribwa n’ibinyobwa (cantine), iyo nyubako ikaba yarafunguwe tariki 06/05/2014 nyuma y’amezi abiri yari imaze yarafunzwe kubera umwanda na bimwe mu bice biyigize byari bikeneye kuvugururwa.

m_Cantine y’akarere yongeye gufungurwa nyuma y’amezi abiri yari imaze yarafunzwe 1

Komisiyo ishinzwe isuku muri rutsiro

Itangazo ryashyizweho umukono n’umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Byukusenge Gaspard, rigaragaza ko iyo nyubako yafunzwe guhera tariki 10/03/2014, hakazongera gufungurwa burundu  ari uko byemejwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro.

 m_Cantine y’akarere yongeye gufungurwa nyuma y’amezi abiri yari imaze yarafunzwe 2

Kubera ko iyo nyubako ari iy’akarere, akarere ni ko kayifungiye ndetse gatanga n’isoko ryo kuyivugurura. Akarere kafungiye na rwiyemezamirimo wakoreragamo kugira ngo iyo nyubako ibanze ivugururwe, dore ko na we hari ibyo yasabwaga kunoza mu kazi ke.

Umukozi w’akarere ka Rutsiro ushinzwe ubuzima, akaba n’umwe mu bagize komisiyo igenzura isuku mu karere, Mukamana Amiel Clemence, avuga ko hagenzuwe isuku muri rusange muri santeri y’ubucuruzi ya Congo Nil harimo n’iyo cantine y’akarere, iyo komisiyo isanga kuri cantine hari umwanda ukabije, ndetse na zimwe mu nyubako zayo zikeneye kuvugururwa.

Ati “igikoni, nta suku yabagamo, nta ngarani yo kumenamo imyanda ihari, batekaga ku mashyiga asanzwe, rondereza ntayo bari bafite kuko yari yaramenetse, hasaga nabi, nta rangi ryarimo ndetse n’aho kubika ibikoresho byo mu gikoni ntabwo hari hameze neza. Cantine na yo ubwayo, amazi yaramenekaga, abantu baba bari kurya bakanyagirwa kubera ko igisenge cyayo cyari cyaratobotse.”

Mu bindi basanze bidatunganye kuri io cantine ngo ni uko nta bubiko bw’amasahani bagiraga, umusarani na wo wari warangiritse, udakoreshwa, udakinze, ndetse hafi y’ubwo bwiherero nta n’ahantu hahari ho gukarabira intoki.

Abagize komisiyo ishinzwe kugenzura isuku ari na bo bagize uruhare mu gutuma iyo cantine ifungwa, bateranye tariki 06/05/2014 kureba aho ibyari bikenewe bigeze bikosorwa, basanga hari ibyo uwatsindiye isoko ryo gukoreramo yakosoye cyane cyane mu gikoni, basanga hari n’ibyo akarere na ko kakosoye bijyanye no kuvugurura inyubako.

Mukamana ushinzwe ubuzima mu karere ati “twabahaye igihe cy’ibyumweru bibiri kugira ngo bakosore ibidakosotse, ariko tuba tubafunguriye by’agateganyo.”

Muri ibyo basanze bitarakosoka harimo kuba ku musarani hari ahantu ho gukarabira intoki hashyizweho, ariko amazi akaba akimeneka hasi. Ngo haracyabura n’ingarani yo gushyiramo imyanda itabora, hakaba hari ahandi na ho hakeneye gusigwa irangi ku nkuta za cantine. Abakozi ba cantine na bo ngo nta mwenda w’akazi bafite (uniforme), nta n’ibyangombwa bigaragaza ko bipimishije indwara zandura , ibi byose bikaba bigomba kuba byakozwe mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri.

Hagati aho rwiyemezamirimo wari watsindiye isoko ryo gucururizamo yahise akomeza akazi ke nyuma y’amezi abiri yari ashize yarahagaritswe.

Gasirabo Ephrem, umucungamutungo (manager) ukorana na rwiyemezamirimo watsindiye isoko ryo gucururiza muri iyo cantine y’akarere, avuga ko gufunga iyo cantine mu gihe cy’amezi abiri byabagizeho ingaruka kuko hari ibikoresho byari bibitse bidakoreshwa, abakozi na bo rwiyemezamirimo yakoreshaga muri iyo cantine bakaba barakomeje guhembwa kandi badakora, kuko atashoboraga kubirukana.

Rwiyemezamirimo yifuza kumvikana n’akarere, ayo mezi abiri yahagaze adakora bakayamwongereraho ku masezerano bari bagiranye yo gukoreramo mu gihe kingana n’umwaka umwe.

Iyo cantine icururizwamo ibinyobwa n’ibiribwa, bakaba bakunze cyane cyane kugaburira abakorera inama n’amahugurwa ku karere, dore ko muri ako gace bigoye kubona ahandi hantu ho kwiyakirira hameze neza.

The post Rutsiro : Cantine y’akarere yongeye gufungurwa nyuma y’amezi abiri yari imaze yarafunzwe appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Nyamagabe: Hagiye kongerwa ingufu mu guhashya maraliya yongeye kwigaragaza.

$
0
0

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 07/05/2014, abafite ubuzima mu nshingano ku rwego rw’akarere ka Nyamagabe, abayobozi b’ibitaro by’akarere, ab’ibigo nderabuzima ndetse n’abafatanyabikorwa b’akarere mu buzima bahuriye mu nama hagamijwe kurebera hamwe aho gahunda y’ibikorwa bihaye kuva mu mwaka wa 2012 kugeza mu mwaka wa 2018 igeze, imbogamizi zirimo ndetse n’ingamba zafatwa kugira ngo ubuzima bw’abaturage burusheho kubungwabungwa.

m_Hagiye kongerwa ingufu mu guhashya maraliya yongeye kwigaragaza

Abashinzwe ubuzima mu nama

Iyi gahunda akarere kihaye ahanini ishingiye ku kwita ku buzima bwiza bw’umubyeyi n’umwana no guhangana n’imfu zabo, kurandura imirire mibi, guhangana n’indwara zinyuranye nka Sida, igituntu, Malariya n’izindi, ndetse no kunoza serivisi z’ubuvuzi zihabwa abaturage.

Muri rusange nk’uko byagaragajwe muri iyi nama, ibipimo by’ubuzima biri muri iyi gahunda byarazamutse biba byiza kurushaho haba mu kubyarira kwa muganga, kuboneza urubyaro, kurwanya igituntu na Sida n’ibindi, gusa imibare y’abarwayi ba malariya yo yariyongereye muri uyu mwaka wa 2013-2014.

Dr Kabalisa Tharcisse, umuyobozi w’ibitaro by’akarere bya Kaduha avuga ko bishoboka ko ibyo biyemeje kugeraho mu mwaka wa 2018 bazabigeraho mbere yaho ashingiye ku bimaze kugerwaho muri iyi myaka ibiri irangiye, kuko nk’impfu z’ababyeyi n’abana muri rusange zagabanutse uretse ko hagaragaye indwara ya maraliya yahitanye abana 14 muri uyu mwaka wa 2013-2014.

Ati “Iyi myaka ibiri irerekana ko tuzabigeraho na mbere y’iyi myaka. Indicateurs (ibipimo) dushaka kuzamura ugereranyije nk’impfu z’ababyeyi n’abana kugeza ubu nta mubyeyi wari wapfa, impfu z’abana zaragabanutse muri rusange usibye iza maraliya zaba zariyongereye ariko nazo ziri kugenda zigabanuka kuko ikibazo cyabonewe ibisubizo”.

N’ubwo kuzamuka kwa maraliya atari umwihariko w’akarere ka Nyamagabe gusa ahubwo byanagaragaye hirya no hino mu gihugu nk’uko Dr Kabalisa abivuga, mu murenge wa Musange mu kagari ka Masangano gaturiye ikibaya cya Mwogo gihingwamo umuceri, ndetse no kuba hari abaturage benshi bubaka bityo hakaba ibinogo byinshi byashoboraga gukurura imibu ni ho yagaragaye cyane bakaba barihutiye kubisiba.

Ingamba zafashwe mu guhangana n’iyi ndwara ya maraliya ngo ziratanga icyizere kuko hashyizwe imbaraga mu kongera gukangurira abaturage kurara mu nzitiramibu ndetse no kwihutira kuvuza umuntu wese ugaragayeho ibimenyetso bya maraliya kugira ngo atahasiga ubuzima cyangwa se akayikwirakwiza, nk’uko bitangazwa na Hategekimana Sylvestre, ushinzwe gukurikirana ibikorwa by’ubuzima mu karere.

Muri uyu mwaka wa 2013-2014 mu karere ka Nyamagabe indwara ya maraliya yihariye 6,9% by’indwara zose abenshi yagaragayeho bakaba ari abana, abitabiriye iyi nama bakaba biyemeje kongeramo ingufu ngo indwara ya Maraliya yongere ihashywe nk’uko yari imaze kuba amateka mu bihe byashize.

The post Nyamagabe: Hagiye kongerwa ingufu mu guhashya maraliya yongeye kwigaragaza. appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Rulindo: urubyiruko ntirwumva neza ipamvu yo kumenya hakiri kare ibijyanye no kuboneza urubyaro.

$
0
0

m_urubyiruko ntirwumva neza ipamvu yo kumenya hakiri kare ibijyanye no kuboneza urubyaro

Hari bamwe mu rubyiruko mu karere ka Rulindo bavuga ko kugira ubumenyi ku bijyanye no kuboneza urubyaro mbere yo kurushinga ntacyo bimaze, ngo kuko basanga ntacyo byabamarira mu gihe bataragera mu ngo zabo ngo nabo babashe kubyara.

Uru rubyiruko rukunze kuvuga ibi usanga rwiganjemo abana b’abakobwa ubusanzwe bagira umuco wo kudakunda ibiganiro byerekeza ku mibonano mpuzabitsina, ngo kuko bumva nta mpamvu yo kubiganiraho mu gihe batarashinga ingo zabo.

Uru rubyiruko ruvuga ko kugira ubumenyi ku birebana n’ibyo kuboneza urubyaro byagombye kugira abashinze ingo, ngo kuko ari bo biba bireba mu rwego rwo kutabyara abana benshi.

Uwizeye Clemence, ni umwana w’umukobwa w’umwangavu ,avuga ko atigeze agera mu mashuri yisumbuye kubera ubwenge bucye, n’ubushobozi bucye bw’ababyeyi be.

Akaba avuga ko kuva yabaho, nta muntu uramuganiriza ku biganiro bijyanye no kuboneza urubyaro ngo nta n’ubwo anabikunda.

Yagize ati ”egoooo ubwo uwanganiriza ibyo yaba ashaka iki ko ntari umugore ngo ndaboneza urubyaro. Jye numva ibyo bireba abagore bafite ingo kuko nibo baba bagomba kuruboneza ngo batabyara indahekana, naho jye nzabyiga ninshinga urwanjye ,ubu ndumva hakiri kare. Ikindi kandi jye sinsambana ngo wenda nagira ipungenge z’uko bantera inda.”

Uyu mukobwa avuga ko nta n’umujyanama w’ubuzima wamubwira ibyo kuko ngo ntiyanamwemerera ko baganira ibiganiro nk’ibyo.

Manirafasha Jean D’amour ushinzwe ubuzima mu karere ka Rulindo avuga ko hari gahunda irimo gutegurwa yo gukangurira urubyiruko muri aka karere,kugira ubumenyi ku birebana no kuboneza imbyaro mu rubyiruko,ngo kuko asanga urubyiruko ruba rugomba kubitozwa hakiri kare.

Jean d’Amour kandi avuga ko urebye usanga iyi gahunda barayitangiye,ngo kuko urubyiruko rwigishwa uburyo bakwirinda sida,bakoresheje agakingirizo,aho avuga ko igihe umuntu akoresha agakingirizo,aba yirinda indwara zakwandurira mu mibonano mpuzabitsina,kandi ngo  aboneza n’urubyaro mu gihe kimwe.

Akaba asanga urubyiruko rwagombye gushishikazwa no kumenya kuboneza urubyaro mbere yo kurushinga,ngo kuko byazabafasha mu gihe bamaze gushinga ingo zabo.

The post Rulindo: urubyiruko ntirwumva neza ipamvu yo kumenya hakiri kare ibijyanye no kuboneza urubyaro. appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Nyabihu: Bamwe mu baturage basanga gahunda yo kuboneza urubyaro ari isoko y’umutuzo mu miryago

$
0
0

Bamwe mu bitabiriye gahunda yo kuboneza urubyaro mu karere ka Nyabihu basanga kuboneza urubyaro ntako bisa kuko bituma umuryango utekana, ntugire ibibazo bitandukanye biterwa no kubyara abo umuntu adashoboye kurera.

Muhimpundu Eric Munana, ni umwe mubo twaganiriye, kuri we asanga ubusanzwe umuryango utekana mu gihe ubasha kubona ibyo ukeneye bitawugoye kandi mu gihe habonetse ikibazo, bikoroha kugikemura ugendeye ku bushobozi ufite.

Ibi ariko akaba asanga bitapfa kugerwaho n’umuryango uwo ari wo wose, mu gihe utitabira kubyara abo ushoboye kurera. Yongeraho ko mu gihe umuryango cyangwa umuntu yaba abyara nta gahunda, atanazi neza uko abana be bazabaho,mbese ntacyo yabateganyirije ku mibereho y’ubuzima bwabo n’imikurire yabo y’ahazaza, bigoye ko ikibazo cyaza,umuryango ukabasha kugikemura.

 Nyabihu: Bamwe mu baturage basanga gahunda yo kuboneza urubyaro ari isoko y’umutuzo mu miryago

Baranyanga Fidele asanga gahunda yo kuboneza urubyaro ari ingenzi cyane nk’izana umutuzo mu miryango yayitabiriye

Ibi bigarukwaho na Ntibanyurwa,uvuga ko burya umubyeyi wifuriza ejo heza umuryango we awuteganiriza hakiri kare, kandi agaharanira kubyara abo azashobora kurera,akabamenyera ibyangombwa byose bikenerwa, bagakura kandi bakiga bitamugoye.

Abandi babyeyi batandukanye bitabiriye gahunda yo kuboneza urubyaro bavuga ko,aho kugira ngo umubyeyi abyare umwana atazi uko azamurera cyangwa nta bushobozi afite,byaba byiza kumureka aho kugira ngo azabe umutwaro kuri we, ku bandi cyangwa ku gihugu.

Izi  akaba arizo mpamvu abitabiriye gahunda yo kuboneza urubyaro,bagira inama bagenzi babo batarasobanukirwa neza n’iyi gahunda n’ibyiza byayo,kugana inzego zitandukanye z’ubuzima bagasobanurirwa neza ibyayo bityo bakayitabira.

Kuri ubu ,mu gihe ibihe bikomeje guhinduka kandi ubuzima bukaba bugenda burushaho guhenda,benshi mu baturage basanga kuboneza urubyaro bikwiye kumvikana  kandi bigahabwa agaciro na buri mubyeyi wese wifuriza ahazaza heza umwana we n’umuryango we.

Ni mu gihe gahunda yo kuboneza urubyaro ikomeje kwigishwa mu duce dutandukanye tw’igihugu ariko abaturage basobanurirwa ibyiza byo kubyara abo umuntu ashoboye kurera.

Iyi gahunda yo kuboneza urubyaro ikorwa hirya no hino ku mavuriro atandukanye ndetse na bamwe mu bajyanama b’ubuzima bakaba babifashamo abaturage bashaka kuyitabira.

Kuri ubu mu karere ka Nyabihu,binyuze ku nzego zishinzwe ubuzima zitandukanye,mu bigo nderabuzima,ku bitaro,mu bukangurambaga mu baturage n’ahandi ,iyi gahunda igenda irushaho kumvikana no kwitabirwa ugereranije n’imyaka yashize.

Dusenge Pierre ushinzwe ubuzima muri aka karere, akaba avuga ko imibare y’abitabira igenda irushaho kuzamuka bitewe n’uko bagenda barushaho gusobanukirwa neza n’ibyiza byo kuboneza urubyaro mu miryango no mu mibereho yabo.

The post Nyabihu: Bamwe mu baturage basanga gahunda yo kuboneza urubyaro ari isoko y’umutuzo mu miryago appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.


Gakenke: Uretse kuvuga ko kunywa itabi ari umuco nyarwanda ngo ribavura n’inzoka

$
0
0

Gakenke: Uretse kuvuga ko kunywa itabi ari umuco nyarwanda ngo ribavura n’inzoka

Bamwe mubaturage batuye mu Karere ka Gakenke bemeza ko uretse kuba kunywa itabi ari umuco nyarwanda ngo hari nabo rivura inzoka zo munda kandi barananiwe kuzivurwa n’imiti yo kwamuganga.

 Gakenke: Uretse kuvuga ko kunywa itabi ari umuco nyarwanda ngo ribavura n’inzoka

Ibi twabitangarijwe n’abaturage kuri uyu wa 20 Gicurasi 2014 ubwo twabasangaga mu isantere ya Gakenke baje kurema isoko baturutse mu bice bitandukanye bigize Akarere ka Gakenke.

Teressa Nibakareke ni umuckecuru w’imyaka 72 we nubwo yaretse itabi akaba aricuruza avuga yumva baryamagana ariko atazi kandi atarabona n’ububi bwaryo kuko nubwo atarinywa mbere yarinywaga kuburyo yariretse ntacyo riramutwara mugihe yarinyweye igihe kitari gito.

 Gakenke: Uretse kuvuga ko kunywa itabi ari umuco nyarwanda ngo ribavura n’inzoka

Nibakareke akomeza avuga ko kugirango areke itabi bitatewe nuko ryamuteye indwara ahubwo yanze kujya yirirwa asabiriza umuhisi n’umugenzi ngo amugurire iryo tabi maze ahitamo kurireka kugirango adakomeza kwanduranya n’abantu.

Gusa ariko kuri ubu Nibakareke yahisemo kuricuruza kandi ngo biramutunze kuko ari ho akura amaramuko mugihe kitari gito amaze akora aka kazi kandi rikaba ntawe ririca mubakiriya be barimugurira kuko bose ahora ababona bagarutse kurigura.

Abandi twaganiriye ni abagore n’abagabo barinywa ariko batashatse kwivuga amazina, bavuga ko uretse kwumva bavuga ko ritera indwara nta kintu rirabatwara kuko babyaye bagaheka kandi na mbere rikaba ryarahoze ribanza imbere y’inka n’umugeni.

Bakomeza bavuga ko ari ryiza kuko ribavura inzoka zo munda kandi rikaba rikura n’urukonda mu kwanwa.

Bati “kuki umuntu utanywa itabi w’umurokore kandi yaranatanze mituweri abona inzoka zo munda ziriye umwana akaza akatubwira ngo tumusigire ubuvunderi umwana kunda, ubuse yaba aziko biribumwice akaza kubidusaba?”

Umukozi ufite imibereho myiza y’abaturage munshingano ze mu Murenge wa Gakenke Genevieve Bayavuge avuga ko kubijyanye n’umuco nyarwanda bagiye bafatamo ibyiza ibindi bibi bakabireka kandi itabi rikaba riri muri ibyo bibi kuko ryica ubuzima bw’abantu.

Bayavuge akomeza avuga ko leta itahita ibuza abantu kumbaraga kunywa itabi ahubwo bakomeza gushishikariza abaturage kudakomeza kurinywa kugirango ntirikomeze kubangiririza ubuzima.

Emmanuel Nizeyimana, umuforomo ukuriye serivise yo gusuzuma abarwayi bivuza bataha kubitaro bya Nemba yadusobanuriye ko iyo umuntu anyweye itabi igihe kirekire hari ingaruka byanze bikunze rigira kubuzima bwe kandi uburyo akomeza kurimenyera ninako yongera umubare w’iryo yanywaga.

Ati “ itabi nta na kimwe rivura ahubwo rifite byinshi ryangiza kubuzima bw’umuntu kuko nta rugingo na rumwe kumubiri w’umuntu ritangiza.

Nizeyimana akomeza avuga ko itabi rishobora gutera kanseri (Cancer) z’ubwoko butandukanye harimo ifata ururimi, impyiko, ibihaha, hamwe n’izindi ndwara zifata imiyoboro y’amaraso.

Niyonzima asoza avuga ko mubushakashatsi bakoze basanze zimwe mu mpamvu zitera abantu kunywa itabi harimo kudasobanukirwa ububi bwaryo hamwe no kuba leta idashyiramo imbaraga zihagije mukurirwanya kugirango riranduke burundu.

Bamwe mubakibona itabi nk’iribafitiye akamaro usanga biganjemo abakecuru n’abasaza kuko rumwe murubyiruko rurinywa usanga rudahakana rigira ingaruka kubuzima.

The post Gakenke: Uretse kuvuga ko kunywa itabi ari umuco nyarwanda ngo ribavura n’inzoka appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Nyabihu: Gahunda yo kubyara abana muri batisimu yatumye ikibazo cy’imirire mibi gikemuka

$
0
0

Abana bagera kuri 91 bari bafite ikibazo cy’imirire mibi, barakize neza binyuze mu bufatanye hagati y’inzego z’ubuyobozi n’iz’ubuzima mu guhashya iki kibazo. Uretse gahunda zindi zisanzwe zikoreshwa zo kurwanya imirire mibi, gahunda yo kubyara abana muri batisimu ni imwe mu zafashije cyane mu gutuma iki kibazo gikemuka.

Nk’uko Dusenge Pierre ushinzwe ubuzima mu karere ka Nyabihu abivuga,nyuma yo kurwanya bivuye inyuma ikibazo cy’imirire mibi ku bana,basaba imiryango yose kubaka uturima tw’igikoni,gukamirana aho bishoboka no kwimenyereza kunywa amata aho kuyagurisha,kwitabira gahunda y’agakono k’umwana n’igikoni cy’umudugudu n’ibindi,kuri ubu abana 91 bari bafite barakize bose.

Uretse gahunda zisanzwe n’ubundi zo kurwanya imirire mibi zakurikijwe kandi zigasuzumwa neza mu midugudu no mu ngo,hari na gahunda idasanzwe yakozwe,aho abayobozi n’abandi bifite bagiye babyara  muri batisimu abana bari bafite ikibazo cy’imirire mibi.

Ibi byatumye aba bana barushaho kwitabwaho, kuko uwabaga yabyaye umwana muri batisimu yamusuraga,akitanga mu bushobozi bwe akamugenera ibimukwiriye uko ashoboye, byatuma abona indyo yuzuye,akanagira inama ababyeyi b’umwana z’uko umwana yakwitabwaho uko bikwiye. Binyuze muri iyi gahunda,abana bose uko ari 91 bakaba barakize  neza.

Nyuma yo gukira kwabo, kuri ubu hakaba harakozwe gahunda yo gusubira inyuma mu miryango itandukanye mu karere ka Nyabihu, kureba niba hari abandi baba bashya baba bafite ikibazo cy’imirire mibi ngo nabo bitabweho by’ubwihariko bityo ikibazo cy’imirire mibi kizacike burundu.

Mu isuzuma ryakozwe abana 262 bashya babonetseho iki kibazo mu buryo budakabije ariko 15 bo basanga bafite ikibazo cy’imirire mibi ikabije.Dusenge Pierre avuga ko harimo gukorwa ibishoboka byose ngo aba bana bitabweho by’umwihariko kugira ngo bose bazakire  neza bagire ubuzima bwiza buzira indwara ziterwa n’imirire mibi.

Yaba inzego z’ubuvuzi,yaba mu midugudu,yaba mu ngo,hose bashishikarizwa kwita by’umwihariko ku bana bafite iki kibazo,bakitwabwaho kandi bagakira burundu.

m_Gahunda yo kubyara abana muri batisimu yatumye ikibazo cy’imirire mibi gikemuka

m_Gahunda yo kubyara abana muri batisimu yatumye ikibazo cy’imirire mibi gikemuk1

Inkwavu zororerwa muri utu tuzu tw’inkwavu mubona ku kigo nderabuzima cya Birembo zifasha mu gutegura indyo yuzuye mu rwego rwo kurwanya imirire mibi kandi n’ifumbire zitanga ifasha mu gufumbira uturima tw’igikoni

Ubwo twageraga ku kigo nderabuzima cya Birembo mu murenge wa Rambura,umwe mu baforomo bahakora yadutangarije ko abana bafite iki kibazo bitabwaho by’umwihariko kandi bafite umukozi ubishinzwe.

Kuri icyo kigo twahasanze akazu k’inkwavu,aho umuforomo twaganiriye yadutangarije ko zifasha mu gufumbira uturima tw’igikoni duhari ngo haboneke imboga nziza,zimwe mubyo bifashisha bategura indyo yuzuye ngo barwanye imirire mibi ku ku bana babonye yagaragayeho kuri icyo kigo nderabuzima.

Yongeyeho ko inkwavu boroye nazo zikoreshwa mu gufasha abo bana mu mirire yabo,aho umwana ufite icyo kibazo umubyeyi we yoroherezwa kuba yabona inyama z’izo nkwavu,akazifashisha mu gutegura indyo yuzuye akagaburira neza umwana we.

Uretse uyu muforomo waganiriye na Kigalitoday ,twashatse no kumenya uko mu nzego z’ibanze bita kuri iki kibazo cyo kurwanya imirire mibi. Shema Aimable,umwe mu bayobozi b’imidugudu yadutangarije ko ku bufatanye n’abajyanama b’ubuzima.

Avuga ko bakora uko bashoboye kose ngo bashishikarize abaturage kwitabira gahunda zo kurwanya imirire mibi,zirimo kugira akarima k’igikoni,kwitabira gahunda y’agakono k’umwana,kumenya gutegura indyo yuzuye n’ibindi. Uretse abajyanama b’ubuzima n’ikigo nderabuzima akaba avuga ko kibibafashamo.

Gukurikirana ubuzima bw’umwana akiri muto,bukitabwaho uko bishoboka kose nibyo bituma abasha gukura neza,agakuza ubwenge,igihagararo n’ibitekerezo. Ibi bigatuma abasha kugira ubuzima bwiza kandi akazagirira akamaro umuryango we n’igihugu. Iyi akaba ariyo mpamvu buri mubyeyi asabwa kwita ku mwana we uko bikwiye.

The post Nyabihu: Gahunda yo kubyara abana muri batisimu yatumye ikibazo cy’imirire mibi gikemuka appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Nyabihu: Nubwo imibare y’abitabira kuboneza urubyaro igenda izamuka abagabo baracyatungwa urutoki mu kutagaragaza ubwitabire

$
0
0
m_Nubwo imibare y’abitabira kuboneza urubyaro igenda izamuka abagabo baracyatungwa urutoki mu kutagaragaza ubwitabire

ushinzwe ubuzima Dusenge Pierre

Nubwo abitabiriye gahunda yo kuboneza urubyaro mu myaka igera kuri 7 ishize,uhereye mu mwaka wa 2007  bavuye kuri 7% bakagera kuri 40% ,abagabo baracyatungwa urutoki mu kutagira ubushake mu miryango yabo bwo kwitabira iyi gahunda kuko usanga ari abagore ahanini baba babifitemo ubushake cyane.

Iyi akaba ariyo mpamvu Dusenge Pierre ushinzwe ubuzima mu karere ka Nyabihu,abasaba kujya baherekeza abagore babo mu gihe bagiye muri iyi gahunda yo kuboneza urubyaro,kuko ifite inyungu nyinshi ku muryango.

Nk’uko uyu muyobozi ushinzwe  ubuzima Dusenge Pierre akomeza abivuga ngo ikizere ni cyose ko imibare y’abitabira iyi gahunda yo kuboneza urubyaro izagenda irushaho kuzamuka,kuko ubu habura igihe gito ngo abajyanama b’ubuzima batangire gukora iyi gahunda hirya no hino mu midugudu.

Bitewe n’uko abajyanama b’ubuzima baba bamenyeranye kandi baziranye n’abaturage,akaba asanga bazagira uruhare rukomeye mu gushishikariza imiryango kwitabira iyi gahunda.

Kuri ubu mu gihe abagabo batungwa urutoki mu kutitabira iyi gahunda ugereranije n’abagore mu karere ka Nyabihu,bamwe mu bagabo baganiriye na Kigalitoday bagaragaza ko iyi gahunda ifite umumaro ukomeye.

Niyibizi Emmanuel,asanga kuboneza urubyaro ari byiza cyane kuko bifasha umubyeyi kubyara abana azashobora kurera,bikamurinda ingaruka zigera ku mubyeyi cyangwa ku bana bavutse ku babyeyi batabyitayeho.

Umukunzi Pascal,avuga ko kuri we asanga umuntu akwiye gutekereza ku bushobozi afite mbere yo kubyara. Ibi bikaba byamufasha kubyara abana ashoboye cyangwa se yasanga nta n’ubushobozi akaba yabireka. Mu gihe bamwe mu bagabo bagenda basobanukirwa neza ibyiza by’iyi gahunda,bikaba byatanga ikizere ko imibare y’abazayitabira mu myaka itaha baziyongera.

Ku rundi ruhande,bamwe mu bayobozi b’imidugudu itandukanye mu karere ka Nyabihu,bavuga bafatanije n’abajyanama b’ubuzima,abaturage bigishwa akamaro ka gahunda yo kuboneza urubyaro n’ibyiza byayo ari nako bakangurirwa kuyitabira nk’uko Shema Aimable umwe muri bo yabigarutseho.

Kuri ubu mu Rwanda,umuturage wese ashishikarizwa kubyara abo ashoboye kurera,kugira ngo ntibazamubere umutwaro. Igihe ubyaye abo udashoboye kurera,bishobora kubaviramo ingaruka zo kuba ibyomanzi,ibirara,inzererezi,abajura n’ibindi bitewe n’uko batabona ibibakwiriye byose.

Ababyeyi bakaba bashishikarizwa guteganya mbere abo bazabyara babashije krera,bityo bakirinda ko abana babo bazagira ibibazo.

The post Nyabihu: Nubwo imibare y’abitabira kuboneza urubyaro igenda izamuka abagabo baracyatungwa urutoki mu kutagaragaza ubwitabire appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Gakenke: Uwo ariwe wese wifuriza igihugu amahoro n’amajyambere agomba kumenya kuringaniza urubyaro

$
0
0

Kuba abaturage bagikomeje kwiyongera kuburyo bukabije kandi butagendaye n’umutungo w’igihugu, ni ikibazo gikomereye cyane leta kuko nibikomeza gutyo mu myaka iri mbere uretse kuzajya babura icyo barya n’umutekano wabo ntabwo uzaba wizewe kuko bizaba imbarutso yo kwishora mubikorwa bitandukanye babyitirira gushaka ubuzima.

 m_Uwo ariwe wese wifuriza igihugu amahoro n’amajyambere agomba kumenya kuringaniza urubyaro

Ibi Ni bimwe mubyatangajwe abanyamakuru n’umuyobozi w’intara y’amajyaruguru Aime Bosenibamwe ubwo yasuraga abaturage bo mu Murenge wa Kivuruga kuri uyu wa 27 Gicurasi 2014.

Bosenibamwe avuga ko byamaze kugaragara ko abaturage batuye mu ntara y’amajyaruguru bakomeje kwiyongera kandi bitajyanye n’ubushobozi bw’igihugu cyabo yaba mubijyanye n’ubukungu cyangwa se ubutaka.

Ati “ niba turi abanyarwanda bakunda igihugu cyacu,tukaba twifuza ko igihugu kigera muri viziyo 2020, biradusaba ko ubwiyongere bw’abaturage bwajyana n’ubwiyongere bw’ubukungu bw’igihugu cyacu”.

Bosenibamwe akomeza asaba inzego zose niz’amadini zirimo, kugaragaza uruhare rwabo mugukomeza gukangurira abaturage kuri gahunda yo kuringaniza urubyaro.

Ati “ ubwiyongere nibukomeza kumuvuduko buriho ntabwo abanyarwanda bazabasha kubaho mu bihe biri imbere kuko ubutaka buzagenda buba butoya abantu biyongera kandi n’ubumenyi bazaba bafite ntibuzabafasha kwihangira imirimo”.

Bamwe mubaturage twaganiriye bemeza ko gahunda yo kuringaniza urubyaro bamaze kubyumva neza nubwo hari abafite abana barenze bane, bemeza ko bidakwiye kuko ubuzima busigaye bukomeye kuburyo kubyara abo udashoboye kurera bidakwiye kuko byongera ubukene mu ngo.

Josephine Nyirabizimana wo mu Kagari ka Kagoma mu Murenge wa Gakenke afite abana batanu, avuga ko nubwo afite umubare w’abana batanu yarekeye kubyara.

Ati “ nubwo mfite abana batanu naringanije urubyaro kuko buri umwe nagendaga mukurikiza nyuma y’imyaka itanu kandi nkaba ntakibyara”.

Nyirabizimana avuga ko akurikije imibereho yo muri iki gihe ukuntu ikomeye umuntu atagombye kurenza umubare w’abana batatu kuko uretse no kubarihira ishuri usanga no kubona ibyo barya bigorana, wakwongeraho mituweri bikaba ikibazo.

Kuba hari abavuga ko umwana ari umugisha w’Imana Nyirabiziman ntabihakana ariko kandi avuga ko Imana nayo itemerera abantu kubyara abana kugirango bazandagare.

Ati “ ntabwo ari ukuvuga ngo tubyare twuzuze isi, kuko atari umusenyi nkuko bavuze ngo n’umusenyi ahubwo umuntu ni umuntu”.

Alfonse Nzabanita wo mu Kagari ka Buranga mu Murenge wa Nemba, avuga ko afite abana icumi , ngo nubwo mbere ntacyo byari bitwaye kubyara abana benshi kuko bagiraga icyo babaha, ariko ngo kuri ubu ntibikwiye kuko ubuzima bukomeye.

Ati “ nubwo mbere twari dufite ibyo kubarera ariko twaribeshye, gusa ntabwo twabisubiza inyuma ahubwo nagira inama abakiri bato kubyara babiri cyangwa batatu”.

Mugusoza Nzabanita avuga ko kubyara abana benshi birushaho kwongerera umubyeyi umuruho kuko udashobora kubona ayo ubishyurira mituweri cyangwa n’amashuri.

Ati “ tekereza kugirango utange ibihumbi 30 bya mituweri kandi ntacyo uhembwa ari uguhinga gusa, ni ikibazo biraruhije kandi birababaje”.

Mu mwaka wa 2002 Akarere ka Gakenke kari gatuwe n’abaturage 322043 mugihe muri 2012 bari bamaze kugera kuri 338586, bivuze  ko mu myaka icumi abaturage biyongereye ku kigereranyo cya 5.1%

Kugeza ubu mu Karere ka gakenke abaturage 480 nibo batuye kukirometero kimwe (km)

The post Gakenke: Uwo ariwe wese wifuriza igihugu amahoro n’amajyambere agomba kumenya kuringaniza urubyaro appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Gicumbi – Ibihumyo bizafasha kugabanya umubare w’abana barwara indwara zikomoka ku mirire mibi

$
0
0
m_Gicumbi – Ibihumyo bizafasha kugabanya umubare w’abana barwara indwara zikomoka ku mirire mibi

Ibihumyo bikungahaye ku ntungamubiri

Kuba ibihumyo bikungahaye kuntungamubiri  ziganjemo ibyubaka umubiri ngo bishobora kuba bimwe mubiryo byafasha abana bakirangwaho imiririe mibi muri aka karere kworoherwa.

Ibi byatangajwe n’umukozi w’akarere ka Gicumbi ushinze ubuzima Kayumba Emmanuel, aho avuga ko ari byiza ko abana bakiri bato barya ibihumyo cyane cyane kubafite ikibazo cy’imirire mibi kuko byabafasha kugarura ubuzima bwiza.

Avuga ko ibihumyo bikungahaye ku ntungamubiri kandi igifu kibyakira vuba ku buryo byorohera urwungano rw’igogora gukora neza.

Kuba rero ibihumyo biryoha kandi  bikorohera urwungano ngogozi gukora neza bifasha cyane umwana ukiri muto kuba yarya iryo funguro byibura gatatu ku munsi.

Ibyo bikamufasha kuva muri cya kibazo cy’imirire mibi biturutse kuri za ntungamubiri ziganje muri cya gihumyo.

Avuga ko umwana wahuye n’ikibazo cy’imirire mibi akunze kugira ikibazo mu mikurire ye haba mu gihagararo no mu bwenge.

Ibi rero ngo bigira ingaruka mbi kubuzima bw’uwo mwana, utakuze neza kubera ikibazo cy’imirire mibi.

Avuga ko ababyeyi benshi bari bakwiye kwita kubana babo igihe batangiye kubaha imfashabere kuko aribwo usanga umwana akeneye intungamubiri nyishi zitandukanye.

Bamwe mu babyeyi barerera abana babo mu irerero ry’incuke mu murenge wa Byumba batangaza ko ubu bamaze gusobanukirwa neza n’akamaro k’ibihumyo kuko ngo mbere batitabiraga kubiha abana babo.

Mukandengo Alphonsine we avuga ko mu ndyo yuzuye bategurira abana babo bashyiramo n’ibihumyo kuko bazi ko bikungahaye ku ntungamubiri.

Ati “ turabizi neza ko ibihumyo bikungahaye ku ntungamubiri nyinshi ariko ubu dufite ikibazo kuko ababye benshi batazi gutegura indyo yuzuye ugasanga bitumye abana babo bahura n’ikibazo gikomoka ku mirire mibi”.

Ubu mu karere ka Gicumbi abana bagera 47% bafite ikibazo cy’ubugwingire bitewe no kudakura neza bituruka ku mirire mibi.

The post Gicumbi – Ibihumyo bizafasha kugabanya umubare w’abana barwara indwara zikomoka ku mirire mibi appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Rusizi: hakenewe Ibiganiro mpaka hagati y’abana b’abakobwa n’ababyeyi mu gukumira inda zidateganyijwe

$
0
0

m_hakenewe Ibiganiro mpaka hagati y’abana b’abakobwa n’ababyeyi mu gukumira inda zidateganyijwe

Nyuma y’aho bikomeje kugaragara ko hariho ikibazo cy’abana b’abakobwa batwara inda zidateganyijwe kandi bakiri bato, twagiranye ikiganiro mpaka n’abana b’abakobwa ndetse n’ababyeyi babo kugirango turebe impamvu nyayo ituma abo bana bakomeza kwibasirwa n’inda, hamwe no kuganira ku gamba impande zose zafata kugirango icyo kibazo gikumirwe, bamwe mu byabyeyi twaganiriye bo Mu murenge wa Nkombo barimo umubyeyi Mwamini Chantal, uvuga ko abana b’iki gihe batacyumva impanuro z’ababyeyi babo akenshi ngo ugasanga kutumva izo mpanuro biva ku irari ryateye ryo gukunda amafaranga, ibyo bikajyana n’ikibazo cy’abantu bashuka abana babaye benshi aho usanga izo nda batwara baziterwa n’abantu bakuru babashukisha amafaranga nyamara kandi bamara kubona ko bakoze ibara bagatererana abo bana, maze ababyeyi bagasigara bahangayikishwa n’ibyo batagizemo uruhare nkuko babidutangarije

Mukamusoni Claudine ni mubyeyi wo mu murenge wa Muganza, we avuga ko iki kibazo nanone giterwa n’ubushobozi bucye,  aho avuga ko kutagira amikoro ngo bihaze mubyo umwana w’umukobwa ashobora gukenera byose, ngo bituma abana bishora mu ngeso mbi kuko ngo batanyurwa na duke bafite. uyu mubyeyi hamwe na bagenzi be bavuga ko ibiri kubera mu isi muri iki gihe ngo nabyo bifite uruhare mu gutuma abana b’abakobwa ndetse n’abahungu bishora mu busambanyi bubakururira ibibazo byinshi, aho bavuga nko kureba amashusho agaragaza ibikorwa by’urukoza soni ku ibyuma by’ikoranabuhanga (Internet), kuba abana b’abakobwa basigaye bataha bwije cyane ibyo byose ngo ni ibibazo bituma gutwara inda ku bana b’abakobwa bikomeza kwiyongera.

 hakenewe Ibiganiro mpaka hagati y’abana b’abakobwa n’ababyeyi mu gukumira inda zidateganyijwe1

Nubwo bimeze bityo hari ababyeyi bavuga ko ibyo ngo bishobora kuba biva ku burere budahagije ababyeyi baha abana, aho ngo usanga hari ababyeyi bagifite imico y’amasoni batinya kuganiriza abana babo kubirebana n’imyanya myororokere yabo bityo byakubitiraho abashukanyi baba bifuza kwangiza abana, bigatuma bagwa mubishuko vuba nkuko byavuzwe na Amina Francine, wanatanze inama kuri bagenzi be b’ababyeyi abasaba kuva mu bya kera bagakangukira kujya baganiriza abana bakiri bato kugirango bajye babasha guhangana n’abashaka kubagusha mu ingeso zituma ubuzima bwabo butakaza icyizere cy’ubuzima bwiza.

Kuruhande rw’abana b’abakobwa ntibahabanya cyane n’umubyeyi Amina Francine aho batunga agatoki ababyeyi batinya kuganiriza abana kubera imico ikibabase kandi nyamara ngo bakiyibagiza ko ibyo batinya kubabwira babibwibwa n’abandi kandi bafite gahunda yo kubangiza nkuko twabitangarijwe na Umutesi Fracoise wo mu murenge wa nkombo kimwe na bagenzi be.

 abana twaganiriye bakomeza kuvuga ko ababyeyi bari bakwiye kumenya aho isi igeze bagakanguka kuko ngo abafite imico mibi bagambiriye gukomeza kwangiza abana b’abakobwa ari benshi, bityo ngo ababyeyi bagomba gutandukanya ibihe byabo n’ibi bihe turimo kuko ngo mubihe byabo nta byinshi byabashukaga ari nayo mpamvu bagomba gufasha umuco w’isoni hasi bakabaganiriza ibijyanye n’imyanya myibarukiro yabo, bagatinyuka, bakabaganiriza uburyo bagomba kwitwara.

Yvone Mugeni umwana w’umukobwa w’imyaka 18 wo mu murenge wa Bugarama avuga ko muri iki gihe ibishuko bahura nabyo ari byinshi kuburyo ngo utabyihanganiye kubigwamo ari nk’ako kanya. uyu mwana avuga ko abakunze guhura n’icyo kibazo ngo ari abo mubyaro cyane kuko ngo bo batibuka ko hari n’izindi nzira bakwifashisha zatuma badatwara inda ibyo ngo bigatuma bakora imibonano mpuzabitsina idakingiye bikabaviramo inda z’indaro n’indwara zandurira mu mibonano mpuza bitsina, ikindi aba bana batungaho agatoki ababyeyi babo ni aho bavuga ko iyo iyo umugabo ateye inda umwana hanyuma bikamenyekana ngo batamushyikiriza ubutabera ahubwo ngo bakajya mubwumvikane bakaba bahabwa amafaranga bikarangirira aho kandi nyamara uwo muntu yagombaga gukurikiranwa.

Kuri ibyo byose ababyeyi bo muri iyo mirenge bavuga ko bagiye kurushaho gukurikirana abana babo babereka uko bagomba kwitwara kugirango bahangane n’ibyo bibazo byugarije abana babo dore ko ngo aribo bahura n’ingaruka zo kurera abo bana, cyakora ngo badafatanyije n’ubuyobozi ntacyo byamara, bakaboneraho gusaba ubuyobozi guhagurukira iki kibazo kigashakirwa umuti hakiri kare.

abana bavuga ko nabo bagiye kujya bahakanira abashaka kubangiza bashaka kubasambanya kuko ngo ingaruka zibagarukaho kandi nyamara bagasigara bahangayitse ababikoze bigendeye  nabo bagasaba ubuyobozi guhagurukira iki kibazo.

mu mwaka wa 2013, abana b’abakobwa basaga magana ane batarageza imyaka yo gushyingirwa batewe inda mu karere ka Rusizi akaba ari muri urwo rwego umuyobozi ushinzwe ubuzima muri ako karere Ndamuzeye Emanuel yadutangarije ko iki kibazo gikwiye guhagurukirwa n’inzego zose abagira uruhare mu gutera aba bana inda bagakurikiranywa kandi ababyeyi nabo bakagira umuco wo kujya baganiriza abana b’abakobwa  uko bagomba kwitwara mu rwego rwo gukumira inda z’abana b’abakobwa zitateganyijwe.

Mu nama jyanama y’akarere ka Rusizi yo mu kwezi kwa 5 mu mwaka wa 2014 iki kibazo cy’abana b’abakobwa baterwa inda cyatinzweho aho perezida wa Njyanama y’akarere ka Rusizi Kamanzi Syphorien yasabye ko kigomba guhagurukirwa abakoze ayo mahano bagafatwa kajya bashyikirizwa ubutabera mu rwego rwo gukumira izo nda zidateganyijwe. Mu ngamba zafashwe harimo ko inzego zose zigomba guhaguruka zikarwanya iki kibazo hakiri kare.

 

The post Rusizi: hakenewe Ibiganiro mpaka hagati y’abana b’abakobwa n’ababyeyi mu gukumira inda zidateganyijwe appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Kamubuga: Nubwo umwaka w’ubwisungane mu kwivuza urangiye babaye abanyuma ntibizongera

$
0
0

Kamubuga: Nubwo umwaka w’ubwisungane mu kwivuza urangiye babaye abanyuma ntibizongera

Kuba abaturage batuye umurenge wa Kamubuga mu Karere ka Gakenke aribo bafite ubwitabire bucye mubwishingizi bwo kwivuza buzwi nka Mutuelle de Sante ngo si uko batitabira gahunda za leta ahubwo ni ibibazo bagize byo kurumbya imyaka yabo byabaviriyemo kubura amafarango yo kugura mituweri.

Gusa ariko ngo mu ngamba zafashwe ni uko iki kibazo kitagomba kuzongera kugaragara muri Kamubuga kuko batangiye gukangurirwa gutangira kwiyandikisha banishyura mituweri zizabafasha kugeza umwaka utaha.

Umunyamabanga Nshingabikorwa w’umurenge wa Kamubuga Celestin Gatabazi avuga ko nubwo bitarasozwa neza ariko umurenge ayoboye ukaba ariwo ugifite umubare mucye mubwitabire ugereranyije n’iyindi mirenge igize aka Karere ka Gakenke.

Gatabazi akomeza avuga ko kuri ubu bamaze kugera kubwitabire bwa 77.4% kandi kuba ubwitabire bwarabaye bucye byatewe nuko barumbije cyane bikabije bitewe n’izuba ritaboroheye umwaka ushize.

Ati “ muby’ukuri sinavuga ngo ni ukutitabira, ahubwo bahuye n’imbogamizi zirimo kurumbya cyane bikabije kubera izuba ryavuye cyane umwaka ushize, kandi bigaragara ko aho bakura ari kubuhinzi bw’ibigori n’ibishyimbo gusa”.

Gatabazi yongera ho ko kuba bagira ibihembwe bibiri gusa by’ihinga bituma iyo hari aho barumbije bibera ikibazo abaturage kugirango bashobore kugira icyo bakwikorera gisaba amafaranga.

Gusa ariko ngo kuba baza mu myanya ya nyuma birimo isomo kuko ubu ingamba zafashwe kugirango umwaka utaha bitazongera kugenda nkuko byagenze muri uno mwaka urimo gusozwa.

Zimwe muri izo ngamba rero ngo harimo kuba baratangiye gushishikariza abaturage gutangira kwishyura mituweri zabo bahereye muri uku kwezi kugirango bizagere ahateganijwe bafite aho bamaze kukigeza.

Ibi kandi bikazakorwa abaturage bakorerwa ubukangurambaga yaba mu Midugudu yabo cyangwa se n’utugari kuburyo abaturage ubwabo bahize ko bagomba kuzagaragara mu Mirenge ya mbere umwaka utaha.

Umurenge wa Kamubuga utuwe n’abaturage 20362 batuye mu tugari 4 hamwe n’imidugudu 36.

The post Kamubuga: Nubwo umwaka w’ubwisungane mu kwivuza urangiye babaye abanyuma ntibizongera appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.


Rubavu: Ingabo z’u Rwanda zatangije ibikorwa byo gupima Sida no gusiramura ku buntu

$
0
0

Mu bikorwa byo kwitegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 u Rwanda rwibohoye, Ishami ry’ingabo z’u Rwanda rishinzwe ubuvuzi mu bitaro bya Kanombi ryatangiye ibikorwa byo gusiramura no gupima virusi itera SIDA kubabishaka, igikorwa kiri gukorwa ku buntu.

Mu karere ka Rubavu ku kigo nderabuzima cya Gisenyi urubyiruko rwitabiriye igikorwa cyo gupimwa virus itera sida no gusiramurwa ruvuga ko rwishimye kuko nyuma yo gushishikarizwa no kwigishwa bapimwe abandi bagasiramurwa ibikorwa batari barashoboye gukorerwa kubuntu.

Maj Jean Pierre Bideli uyoboye iri tsinda rya gisirikare avuga mu karere ka Rubavu bazahamara iminsi itatu bakora ibikorwa byo gusiramura ku buntu ababishaka kimwe no gupima virusi itera Sida kubabishaka, ibi bikajyana n’inama zituma umuntu agomba kwitwara neza mu buzima buri imbere.

m_Ingabo z’u Rwanda zatangije ibikorwa byo gupima Sida no gusiramura ku buntu

Ingabo ziri mu gikorwa cyo gusiramura bamwe mubitabiriye igikorwa

Maj Jean Pierre Bideli avuga ko iki gikorwa kigendereye gufasha urubyiruko, cyane cyane mu gufasha igihugu kugabanya umubare w’urubyiruko rwandura Virus itera Sida; “iyo urebye usanga urubyiruko arirwo rwinshi rwandura Sida, dushaka kuruha amahirwe ya 60% yo kutandura mu gihe rusiramuye.”

Maj Jean Pierre Bideli avuga ko bifuza gusiramura urubyiruko rutarandura iyi virus kugira ngo bashobore kumenya koko ko batanze amahirwe yo kutazandura, ariko akavuga ko gupima no kugira inama urubyiruko nabyo bizabafasha kumenya uko bahagaze no kumenya uko bitwara mu buzima buri imbere.

m_Ingabo z’u Rwanda zatangije ibikorwa byo gupima Sida no gusiramura ku buntu1

Bamwe mu rubyiruko bitabiriye ibikorwa byo gupimwa Virus itera Sida ku bushake

Ku munsi wa mbere iki gikorwa gitangira mu karere ka Rubavu, urubyiruko rw’abasore rugera kuri 50 rwarasiramuwe hakoreshejwe uburyo bw’impeta, uburyo butababaza cyangwa ngo buvushe amaraso naho abarenga 250 bashobora kwipimisha virus itera Sida, Maj Jean Pierre Bideli akaba avuga ko mu minsi itatu bashobora gusiramura urubyiruko rugera ku 150 naho abipimisha bakarenga 600.

   

 

The post Rubavu: Ingabo z’u Rwanda zatangije ibikorwa byo gupima Sida no gusiramura ku buntu appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Gisenyi hospital set to eliminate maternal deaths

$
0
0
m_Gisenyi hospital set to eliminate maternal deaths

Women attend a press tour at Gisenyi hospital

Gisenyi district hospital has for the last two years come up with a new mechanism of giving expectant mothers special medical treatment and attention, a service that is aimed at eliminating maternal deaths among women.

Through giving pregnant women special customer care, the hospital director, Major Dr. William Kanyankole says that the facility will ensure that no more women will die because of a failed service and negligence on a pregnant woman.

Kanyankole says that though this service creates envy among other patients, there is no need for expect women to be delayed in getting any medical services because of their situation.

“This service is totally aimed at giving pregnant women all the services they need. Patients have now known the system and any pregnant woman is giving first priority- in which case we have set up a special wing that takes care of women only” Kanyankole said on June 18, 2014 during a health media tour.

With this service in place, the hospital has managed to contain maternal deaths to almost 100 percent and at the same time improve infant and maternal health services in the area.

One of the expectant mothers we found at the hospital, Valerie Mukakarangwa, says that this opportunity gives women an opportunity to get good services and motivate women to seek medical care.

“We are assured of a good service and this should be in every hospital so as to encourage women to seek antenatal care” Mukakarangwa says.

Gisenyi hospital is referral hospital located in Rubavu district western province of Rwanda. The hospital offers services to over 30.000 and other from neighboring districts of Nyabihu, Rutsiro and neighboring countries of DR Congo and Burundi.

 

 

The post Gisenyi hospital set to eliminate maternal deaths appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Hari abajyanama b’ubuzima ngo batitabira gukora imirimo itabahesha agahimbazamusyi

$
0
0

m_Hari abajyanama b’ubuzima ngo batitabira gukora imirimo itabahesha agahimbazamusyi

Abajyanama b’ubuzima bo mu karere ka Burera barashishikarizwa gukomeza gukora imirimo yose bashinzwe batitaye gusa ku yo bahererwa agahimbazamusyi. Bibustwa ko iyo mirimo bakora yose itanga umusaruro ushimishije mu bijyanye n’ubuzima kandi ko Leta ibashima cyane.

Ibi barabyibustwa mu gihe ngo hari bamwe mu bajyana b’ubuzima bashishikarira gukora imirimo bahererwa agahimbaza musyi bita PBF (Performance Based Financing) maze iyindi bakayikora biguru ntege kandi nayo ifitiye akamaro abaturage.

Ubusanzwe abajyana b’ubuzima bakorera ubushake. Gusa ariko hari amafaranga y’agahimbaza musyi bagenerwa na Minisiteri y’ubuzima mu Rwanda bitewe n’akazi bakoze ndetse n’umusaruro katanze.

Aya mafaranga bahabwa anyuzwa mu mashyirahamawe yabo ubundi umujyanama w’ubuzima ku giti cye agafata 30% y’ayo mafaranga.

Imwe mu mirimo bahererwa agahimbazamusyi irimo gushishikariza ababyeyi kubyarira kwa muganga ndetse no kubashishikariza kuboneza urubyaro.

Umujyanama w’ubizima washishikarije ababyeyi benshi kugana amavuriro ni nako abona agahimbaza musyi gatubutse. Ngo kuburyo hari ushobora kubona amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 20 birenga cyangwa undi akabona ari munsi yayo.

Gusa ariko hari indi mirimo bakora badahererwa agahimbaza musyi irimo gushishikariza abantu kugira isuku ndetse no kubashishikariza guhinga akarima k’igikoni no kubigisha gutegura indyo yuzuye.

Nubwo abajyana b’ubuzima bo mu karere ka Burera baterura ngo bavuge ko hari imirimo imwe n’imwe badashishikarira gukora kubera ko batayihererwa agahimbaza musyi, bahamya ko bahura n’ingorane mu kazi kabo ngo kuburyo ako gahimbaza musyi bahabwa kiyongereye byarushaho kuba byiza.

Nsabimana Alphonse agira ati “Hari udufaranga dukunze kugaba bita PBF, nago ntabwo gashimishije. Twasaba ko bishobotse bakagombye kuduha nibura 50% (y’ayo mafaranga ya PBF), tukajya tuyifashisha mu kazi duhura nako, ibyo byadufasha gukemura imbogamizi dukunze guhura nazo.”

Abajyanama b’ubizima bo mu karere ka Burera bo hari amafaranga y’u Rwanda 5000 bagenerwa buri kwezi. Bakaba bayahabwa n’umushinga Partners In Health: Inshuti Mu Muzima ukorera muri ako karere.

Aya mafaranga nayo ngo atuma bakomeza gushishikarira gukora akazi kabo ko gukorera ubushake.

Tariki ya 19-20/06/2014 ubwo abasenateri bagize komisiyo y’imibereho myiza y’abaturage, uburenganzira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage, muri Sena y’u Rwanda, basuraga akarere ka Burera, basabye abajyanama b’ubizima bo muri ako karere gushishikarira akazi bakora ko gukorera ubushake kuko Leta igashima.

Senateri Dr. Sindikubwabo Jean Népomuscène, yababwiye ko bakwiye gukora imirimo yose basabwa gukora nta n’umwe basize inyuma kuko yose yuzuzanya.

Agira ati “Abajyanama b’ubuzima twiyemeje gukora nk’abakorera bushake. Habonetse uburyo bwo kudufasha nk’imbangukiragutabara, Leta igenda ishyiraho buriya buryo bwo guhimbaza nyine kugira ngo dukore nyine. Ariko ntidukwiye guheranwa n’icyongicyo ngo noneho icyo dusabwa kindi kitari muri bya bindi baduhera amafaranga twoye kugikora…

Kuko niba uvuga uti ‘jyewe iyo njyanye umugore kuringaniza urubyaro barampa icyo bampa kubera ko nabajyanyeyo, urirengagiza ko iryo ringaniza ry’urubyaro rye rigomba kuzaba ryiza ari uko abonye ibyo aha na bandi bakeya yashoboye kubyara.”

Abajyana b’ubizima bo mu karere ka Burera bahamya ko bakora akazi kabo bashishikaye. Ngo ariko bakunze guhura na bamwe mu baturage bafite imyumvire ikiri hasi bavuga ko ibyo bakora ari abo bajyanama b’ubuzima babyungukiramo gusa.

The post Hari abajyanama b’ubuzima ngo batitabira gukora imirimo itabahesha agahimbazamusyi appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Kiziguro hospital: the example of self-reliance in Health care

$
0
0
m_the example of self-reliance in Health care

Some of the structures at the new hospital site

With a budget of 1.5billion francs, Kiziguro hospital is set to raise the funds to construct a fully-fledged state of the art hospital without waiting for funds from donors or the government.

For the past four year, the hospital’s management board has managed to start constructing a modern hospital from contribution of the church and the savings from the hospital income, to a level where eight structures out of the eleven proposed facilities hare now complete.

Kiziguro hospital was constructed in 1985, starting as a simple health centre serving the population in former Byumba province- now Gatsibo district. With time the population has increased and numbers of patients multiplied by eight times- totaling to over 300.000 residents in need of health care.

According to the Hospital Director Dr. Dioclès Twagiramungu, the numbers of residents on a daily basis has increased to 300 per day and these numbers call for immediate action, to improve health services.

“This is an aspect which compelled the administration to start the construction project for a facility that can offer better services. We couldn’t wait to have and see patients being congested in the hospital,” Twagiramungu said.

m_the example of self-reliance in Health care1

Dr. Dioclès Twagiramungu speaking to health reporters

Twagiramungu says that the secret behind achieving this goal was to cut on their expenses and increase on the savings from the hospital income each year.

 “We decided to start the construction work stage by stage through savings amounting to about Rwf120 million each year. So far we are doing well and for the past four years, we manage to raise a structure, each year” he said.

Some of the residents in the area say that the move has come at the right time and they are anxious to have their community receive good health care services in better hospital structures.

“We have been patient with this situation, but at last our prayers will soon be answered, when we step in the new facilities” says Agnes Mukamana on of the out-patients.

Apparently, Dr.Twagiramungu revealed that the maternity ward will not be part of the main project, but will be considered in future, because of limitation of funds and the need to have better hospitalization wards to accommodate the in-patients.

The post Kiziguro hospital: the example of self-reliance in Health care appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Ibitaro bya Gisenyi byatangiye gusiramura k’ubuntu hakoreshejwe impeta

$
0
0

m_cait-2-040

Igikorwa cyo gusiramura hakoreshejwe uburyo bwa Prepex (hakoreshejwe impeta) mu bitaro bya Gisenyi bugiye gukorwa kubuntu kurubyiruko n’abandi barengeje imyaka 18 kugira ngo hatangwe amahirwe yo kugabanya umubare w’abandura Virusi itera Sida.

Nkuko twabisobanuriwe na Mupenzi Jean Bosco ngo gusiramura bigabanya amahirwe yo kwandura Virus itera Sida kugera kuri 60%, mu minsi ibiri yo kubitangiza mu bitaro bya Gisenyi taliki ya 18/6/2014 abantu barenga 500 bakaba barabyitabiriye ariko hasiramuwe abagera ku 158.

Umubare muto ugereranyije n’abari bitabiriye, aho bamwe basubiyeyo badasiramuwe kandi babishaka. Mupenzi wakurikiranye iki gikorwa avuga ko bari mugutangiza no kureba ko abantu babyitabira ariko bagiye gushyiraho uburyo buhoraho kugira ngo bashobore gufasha ababagana.

Nubwo nta mubare ufatika w’abagomba gusiramurwa, ngo mu karere ka Rubavu hari umubare munini w’ababikeneye kuko mu muco nyarwanda bitari bisanzwe cyane cyane mu cyaro, kuba biri gukorwa kubuntu bizatuma abantu barushaho kubyitabira, naho ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuvuzi RBC kikaba gifasha mu gutanga ibikoresho.

Mupenzi avuga ko nihashyirwaho gahunda yo kubikora buri cyumweru ngo hazajya hasiramurwa nibura abantu 200 nubwo umubare ushobora kurenga bitewe n’abitabira, gusa ngo abashishikarizwa kubyitabira by’umwihariko ni urubyiruko rutarakora imibonano mpuzabitsina no kwandura Virusi itera Sida kugira ngo rushobore kuyirinda bitewe n’amahirwe bitanga agera kuri 60% yo kutandura.

Minisitere y’ubuzima muri gahunda yayo iteganya ko nibura 2015 mu Rwanda hazaba hamaze gusiramurwa abantu bagera kuri Miliyoni, gusiramura bizajya bikorwa hakoreshejwe impeta kuba bumwe muburyo bwihuta kandi butababaza nkuko abantu babitinya.

Iki gikorwa cyo gusiramura mu bitaro bya Gisenyi, umuyobozi w’ibitaro Dr Kanyankore William avuga ko bizakomeza kuko abaturage bashishikarijwe, kandi kubikorerwa bikaba uburyo bwo kugabanya umubare w’abandura Virusi itera Sida.

The post Ibitaro bya Gisenyi byatangiye gusiramura k’ubuntu hakoreshejwe impeta appeared first on Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity.

Viewing all 104 articles
Browse latest View live